• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Burundi: Perezida Evaliste Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba awuhetse nk’igihe Yesu yiteguraga kubambwa

Umwanditsi
April 15, 2022

Kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, umunsi ukomeye ku ba Kilisitu by’umwihariko Abanyagatolika, Umukuru w’Igihugu cy’Uburundi, Evaliste Ndayishimiye yagaragaye ahetse umusaraba ku rutugu. Byibutsa Abakirisitu ububabare n’ururupfu rwa Yesu/Yezu wabambwe ku musaraba azira ibyaha by’abantu( kubamwemera).

Kuri uyu munsi w’Uwagatanu Mutagatifu, Abakilisitu Gatolika bakora icyo bita inzira y’umusaraba, aho baba bibuka uko Umukiza Yezu Kilisitu yababajwe, agapfa ndetse agahambwa azira ibyaha by’abari mu Isi( kubamwemera nk’Umwami n’Umukiza).

Perezida Evaliste Ndayishimiye imbere n’umuryango we bakurikiwe n’imbaga y’Abakilisitu.

Perezida Evaliste Ndayishimiye, nk’umukilisitu Gatolika, yifatanije n’abo basangiye ukwemera mu gitambo cya Misa y’uwa Gatanu Mutagatifu, aho yagaragaye mu nzira y’Umusaraba, awuhetse ku rutugu, mu rwego rwo kwisanisha no kwibuka inzira y’Akababaro Yezu Kilisitu yanyuzemo.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’Uburundi bubinyujije kuri Twitter, bwavuze ko“ Kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, Umuryango w’Umukuru w’Igihugu wifatanije n’Abakristo b’i Gitega, mu nzira y’Umusaraba, yatangiriye i Musave yerekeza ku kiriziya yitiriwe Mutagatifu Fransisiko wa Asize w’i Magarama( Saint François d’Assise de Magarama), mu rwego rwo kwibuka ibihe by’umubabaro Yezu Kristo yanyuzemo”.

Uwagaragaye yakirana Umusaraba na Perezida Evaliste Ndayishimiye.

Iyi nzira y’Umusaraba yitabiriwe na Perezida Evaliste Ndayishimiye ndetse n’abo mu muryango we hamwe n’abandi bayobozi batandukanye n’Abakilisito Gatolika, kuri uyu wa 15 Mata 2022. Ni mu gihe Abakilisitu bitegura umunsi mukuru wa Pasika kuri iki cyumweru Tariki ya 17 Mata 2022, umunsi ushushanya Izuka rya Yezu Kristo.

intyoza

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga