• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
06/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
06/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
06/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Cyuve: Barishyuza ingurane y’imitungo yangijwe n’imashini zica imihanda

Umwanditsi
July 20, 2016

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Cyuve, cyane cyane abo mu mudugudu wa Marantima, mu karere ka Musanze, Intara y’Amajyaruguru baravuga ko imitungo yabo yangijwe n’imashini ica imihanda nyamara bakaba batarahawe ingurane, kugeza n’ubu bakaba bakishyuza ariko barahebye. Ibyo akarere ntikabikozwa.

Mukandatira ni umukecuru w’imyaka 60, akaba umwe mu bavuga ko batahawe ingurane z’ibye byangijwe. Agira ati “Natunguwe no kubona imashini ikora imihanda ije maze igatangira guca imihanda, ari nako yangiza imitungo yacu yarimo ibirayi, amashyamba n’ibindi”.

Akomeza avuga ko nta muyobozi n’umwe wigeze abamenyesha ko aho hantu hazanyuzwa umuhanda, ngo byibura basarure imyaka yabo cyangwa bateme ibiti byabo byangijwe hakiri kare.

Akomeza avuga ko kuba imyaka yabo yarangijwe bizabateza inzara, kandi ngo n’umurima muto asigaranye yiteguye ko banki ishobora kuzawutwara kuko bari barasabye umwenda muri banki bibumbiye muri koperative y’abahinzi b’ibirayi, none ngo imashini zarabyangije ntibahabwa ingurane. Akarere ntikabikozwa.

Akarere karabagaramye

Mu gihe abaturage bafite imirima yanyujijwemo umuhanda bakomeza gutakamba basaba kwishyurwa ibyabo byangijwe, ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwo burahakana ayo makuru.

Akarere ka Musanze kemeza ko nta mitungo y’abaturage yangijwe kuko ngo mbere y’uko imihanda icibwa bari bumvikanye n’abaturage.

Kuri icyo kibazo, umuyobozi wungirije w’akarere ka Musanze ushinzwe  iterambere ry’ubukungu, Habyarimana Jean Damascène, agira ati “Mbere y’uko iyi mihanda icibwa,  ubuyobozi  bwabanje kubonana n’abaturage, twemeranya uburyo bazahabwa  ingurane z’ibyabo bishobora kwangirika.  Niba rero hari aho imashini zanyuze nko mu mbibi zikangiza, ibi nabyo tugiye kubiganiraho n’aba baturage kandi na bo bazabona ingurane”.

Ubusanzwe iyo hari ahazanyuzwa ibikorwa rusange, abagomba guhabwa ingurane bigomba gukorwa mu mezi ane.

Mu bintu 22 biteganywa n’itegeko N° 32/2015 ryo ku wa 11/06/2015 ryerekeye kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange, umuhanda n’inzira ya gariyamoshi ni byo biza kuri nomero ya mbere.

Ingingo ya 27 y’iri tegeko ivuga ko ibihabwa agaciro mu kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange ngo harihwe indishyi ikwiye z’abimuwe ku mpamvu z’inyungu rusange ari ubutaka, ibikorwa umuntu yakoze ku butaka bigamije kubukoresha neza cyangwa kububyaza umusaruro, n’indishyi y’ihungabana ritewe no kwimurwa.

Munyantore Jean

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga