• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
26/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
26/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
26/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET

Depite Kanyamashuri yeguye kuri uyu mwanya nyuma y’amezi atandatu yinjiye mu nteko ishinga amategeko

Umwanditsi
March 13, 2019

Amb. Kanyamashuri Kabeya Janvier wari umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda uturuka mu muryango RPF Inkotanyi, kuri uyu wa kabiri tariki 12 Werurwe 2019 yeguye ku kuba intumwa ya rubanda ku mpamvu yatangaje ko ari ize bwite.

Mu buryo bwatunguye abatari bake, ambassador Kanyamashuri wari umaze gusa amezi atandatu mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yeguye ku kuba intumwabya rubanda mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Mu ibaruwa yandikiye Perezida w’inteko ishinga amatebeko umutwe w’abadepite nk’uko Panorama dukesha aya makuru yabitangaje, Amb. Kanyamashuri yanditse avuga ko ashingiye ku ngingo y’itegeko ngenga rigena imikorere y’umutwe w’abadepite, yeguye ku mpamvu ze bwite ku mwanya w’umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Mu ibaruwa ye yo kwegura, Amb. Depite Kanyamashuri yashimiye Perezida w’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite uburyo yamuyoboye, avuga ko yize byinshi mu gihe gito bamaranye bizamufasha mu buzima bwe.

Depite Kanyamashuri yari mu nteko ishinga amategeko yaratanzwe ku rutonde rw’abadepite b’umuryango RPF-Inkotanyi. Mu nteko, yari akuriye Komisiyo ishinzwe Politiki y’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye aho yari yungirijwe na Depite Mukabikino Jeanne Henriette.

Nk’uko bigaragara ku rutonde rw’abakandida Depite batanzwe n’umuryango RPF-Inkotanyi n’indi mitwe ya Politiki bafatanyije mu matora y’intumwa za rubanda yabaye muri Nzeli 2018, mu gihe haba nta gihindutse umwanya wa Amb. Depite Kanyamashuri Kabeya Janvier wahita ufatwa na Ndoriyobijya Emmanuel umukurikira ku rutonde.

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5897 Posts

Politiki

4148 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga