• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/26
Kamonyi-ECOSE: Ishuri ritanga Uburezi n’Uburere rigafasha kuvumbura no gukuza impano z’abana mu mikino
10/07/26
Nyamagabe: Polisi n’izindi nzego bakanguriye abaturage gukumira ibyaha no kurwanya inkongi z’umuriro
10/07/26
Gacurabwenge: Abagize Umubano Family bizihije Ukwibohora 32 bagabira Uwarokotse Jenoside
10/07/26
Kamonyi: Hemejwe asaga Miliyari 40 y’Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2026-2027

Dr Ugirashebuja Emmanuel yagizwe Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda

Umwanditsi
September 17, 2021

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul kuri uyu wa 17 Nzeri 2021, yashyizeho Dr Ugirashebuja Emmanuel kuba Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta, umwanya asimbuyeho Busingye Josthon wahamagariwe indi mirimo.

Itangazo rishyira Dr Ugirashebuja ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera, akaba n’intumwa nkuru ya Leta, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard.

Uwo Dr Minisitiri Ugirashebuja asimbuye kuri uyu mwanya, Busingye Johnston aherutse guhabwa guhagarira u Rwanda mu gihugu cy’u Bwongereza. Ni impunduka muri Gurerinoma zakozwe ku wa 31 Kanama 2021 nyuma y’inama y’Abaminisitiri yari yateranye iyobowe na Perezida Kagame Paul.

Mu mirimo myinshi yagiye akora, Dr Ugirashebuja, agizwe Minisitiri w’Ubutabera nyuma y’igihe gito avuye ku mwanya w Perezida w’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EACJ). Ni Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko kuko yavukiye i Nairobi mu 1976. Yabaye kandi umuyobozi w’ishuri ry’amategeko muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda. Yabaye Umujyanama mu by’Amategeko muri Komisiyo ishinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga hagati ya 2001-2003. Yanabaye umunyamuryango w’Inama Nkuru y’Ubucamanza n’Inama Nkuru y’Ubushinjacyaha.

Mu mwaka wa 2009 yagizwe Umujyanama mu by’Amategeko mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije. Mu 2010-2011, yabaye umwarimu muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda, iya Edinburgh n’iya Dar es Salaam. Yigishije kandi mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ndetse n’irya Polisi mu Rwanda riri i Musanze.

Mu Ugushyingo 2013, Dr Ugirashebuja yagizwe Umucamanza muri EACJ mu Rwego rw’Ubujurire [EACJCourt Appellate Division]. Nyuma y’umwaka umwe, mu 2014 yabaye Perezida wa Kane wa EACJ, umwanya yamazeho imyaka irindwi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5993 Posts

Politiki

4240 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1061 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

161 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga