• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
19/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
19/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
19/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Félix Tshisekedi yavuze amagambo akomeye, y’ubuhanga nyuma y’intsinzi y’agateganyo

Umwanditsi
January 10, 2019

Nyuma y’uko komisiyo y’igihugu y’amatora yigenga ya Kongo-CENI itangaje ko Félix Tshisekedi Tshilombo ariwe uza ku isonga mu majwi y’amatora y’umukuru w’iki Gihugu amaze kubarurwa, Tshisekedi yatangaje ko atazaba Perezida w’ishyaka akomokamo, ko atazaba uw’ubwoko. Ni umunsi abona nk’uw’amateka akomeye.

Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, watangajwe na komisiyo y’amatora-CENI muri kongo ko ariwe watsinze amajwi y’agateganyo y’amatora y’umukuru w’Igihugu yabaye tariki 30 Ukuboza 2018, kuri uyu wa 10 Mutarama 2019 yavuze mu magambo ye ko atazaba Perezida w’ishyaka rya UDPS akomokamo cyangwa se ngo abe uw’ubwoko bw’aba Luba.

Mu magambo ye nk’uko tubikesha Radio Okapi, Tshisekedi yagize ati “ Si nzaba Perezida w’ishyaka rya Politiki UDPS, w’ubwoko, bw’aba LUBA, nzaba Perezida w’abanyekongo bose( abagabo n’abagore).”

Tshisekedi, yavuze kandi ku nzira y’amatora n’uburyo ibyo bamwe bari bayitezemo ataribyo babonye. Yagize ati” kubijyanye n’inzira y’amatora, nta watekerezaga ko amatora yaba mu mutuzo, mu mahoro. Bose batekerezaga ko tuzagira ugushyamirana, imvururu, kumeneka kw’amaraso. Nta watekerezaga ko muri iyi nzira, umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi yakwegukana intsinzi. Ndishimye ku bw’abanyekongo.” Aya magambo yayatangarije ku kicaro cy’ishyaka UDPS i Kinshasa.

Kubwa Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, umuhungu wa Etienne Tshisekedi, uyu wa Kane tariki 10 Mutarama 2019 ni umunsi w’amateka akomeye muri Kongo, amateka ku batavugarumwe n’ubutegetsi.

Félix Tshisekedi, ashimira bikomeye ababyeyi barimo se umubyara batangije ishyaka UDPS ribonwa nk’ikimenyetso cy’intsinzi, ashimira kandi Perezida Joseph Kabila agiye gusimbura mu gihe ariwe wakwegukana itsinzi. Asaba ko abantu ubu badakwiye kubona no gufata Perezida Joseph Kabila nk’uwo bahanganye, ahubwo uwo bafatanije mu rugamba rwa Demokarasi muri iki gihugu.

Mu majwi y’agateganyo yatangajwe na CENI, Tshisekedi niwe uri imbere ya batatu bari bahanganye cyane. Yagize amajwi 38,57% by’amajwi y’agateganyo( miliyoni zisaga 7 z’abamutoye), mu gihe Matin Fayulu ari ku mwanya wa 2 n’amajwi 35,2% (amajwi asaga Miliyoni 6 y’abamutoye) naho Emmanuel Ramazani Chadary afite amajwi 23,8% (miliyoni zisaga 4 z’abantu bamutoye).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga