• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Rukoma: Ukekwaho kwica Mukarusi Rozariya w’imyaka 69 yarashwe mu kico mu rukerera

Umwanditsi
October 28, 2023

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 28 Ukwakira 2023, mu Muduguru wa Kigarama, Akagari ka Remera, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi, Polisi yarashe umusore w’imyaka 28 y’amavuko ahita apfa. Yitwa Ndahimana Alexis akaba ariwe ukekwaho kwica anize umukecuru Mukarusi Rozariya.

Amakuru yizewe intyoza.com ihawe n’abaturage ba Rukoma aharasiwe uyu musore, bavuga ko yazanywe n’inzego z’Umutekano aho bikekwa ko yakoreye icyaha. Bavuga ko babwiwe ko yashatse gucika Polisi, irasa mu kirere nti yahagarara, aho kumureka ngo acike batazi ibindi yakora bamurasa mu kico arapfa.

Aya makuru kandi y’iraswa ry’uyu musore, yemezwa na Mandera Innocent Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma wabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko uwarashwe yitwa Ndahimana Alexis akaba yarigeze gukora mu rugo rwa Nyakwigendera Rozariya, akaba kandi ariwe wakekwagaho kumwica.

Gitifu Mandera, avuga ko nyuma y’urupfu rwa Mukarusi Rozariya inzego z’umutekano zakomeje gukora iperereza zishakisha abagize uruhare mu ku mwica. Mu bafashwe harimo uyu Ndahimana Alexis wigeze gukorera Rozariya nk’umukozi wo mu rugo, akaba kandi ngo yanemeraga ko ari we wamwishe.

Mu kwica Mukarusi Rozariya, ngo yamutwaye amafaranga ibihumbi magana abiri y’u Rwanda(200,000Frws) ndetse aniba ibishyimbo ari byo yari yazanywe ngo yerekane aho yabihishe nyuma yo kubikura mu rugo rwa Nyakwigendera yari amaze kwica(nk’uko bivugwa).

Uyu Ndahimana Alexis warashwe agapfa, akomoka mu Kagari ka Bitare, Umudugudu wa Kokobe, Umurenge wa Karama ho mu Karere ka Kamonyi.

Nyuma y’iraswa rya Ndahimana Alexis, muri iki gitondo ubuyobozi bwakoranye inama n’abaturage. Aho yarasiwe ni hafi y’aho akekwa kwicira Mukarusi Rozariya. Abaturage basabwe kwirinda ibyaha, kwirinda ubuhemu ubwo aribwo bwose byaba kwica cyangwa se ubundi bwose kuko ntawe bihira kabone n’iyo uwabikoze yatinda gufatwa.

Bibukijwe ko inzego z’umutekano ziri maso kandi ziteguye gushakisha uwo ariwe wese wakora icyaha zikamufata. Abaturage kandi babwiwe ko gutanga amakuru hakiri kare bifasha gukumira no kurwanya ibyaha. Babwiwe ko uwibwira ko azakora ibyaha akihisha bitazamuhira, ko amaherezo azafatwa akaryozwa ibyo yakoze.

Soma hano inkuru yabanje y’urupfu rwa Mukarusi Rozariya;Kamonyi-Rukoma: Umukecuru w’imyaka 69 yishwe, DASSO ategwa n’amabandi aramukomeretsa

Umurambo wa Nyakwigendera Ndahimana Alexis wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Remera Rukoma, aho utegerejwe gupimwa.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga