• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
30/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
30/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
30/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka

Gishari: DASSO 429 basoje amahugurwa abongerera ubumenyi

Umwanditsi
June 17, 2019

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Kamena 2019, mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi i Gishari, aba DASSO 429 barimo 37 b’igitsina gore baturutse mu mirenge yose y’igihugu basoje amahugurwa batyaza ubumenyi.

Mu byumweru bitatu bamaze muri aya mahugurwa bahawe amasomo yiganjemo gukunda igihugu, gutanga serivisi inoze kandi neza, akarasisi, imikoreshereze y’ imbunda, gutanga amakuru ku gihe no gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo.

Muri aya masomo abongerera ubumenye mu kazi kabo ka buri munsi bayahawe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Urwego rw’Umuvunyi Mukuru ndetse n’izindi.

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango wari uhagarariye Polisi n’ishuri by’umwihariko, Assistant Commissioner Police Uwimana Safari yibukije abarangije aya mahugurwa ko imikoranire y’inzego ariyo yubaka igihugu kandi icyinyabupfura no gukora kinyamwuga bisigasira isura y’urwego rwabo.

Yagize ati “Ubumenyi mwahawe mugende mubushyire mu ngiro, musangize bagenzi banyu ibyo mwize, muharanire guhesha isura nziza akazi mukora n’igihugu muri rusange.”

Ubwo yabasuraga muri iki cyumweru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase yabashishikarije gukunda umurimo bakora no kwigirira icyizere, kumva no kwita ku muturage barushaho ku muha serivisi nziza, kwihutira gutanga amakuru y’ikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano n’umudendezo w’umuturage.

Nzasingizimana Innocent umwe muri aba banyeshuri basoje aya mahugurwa uturuka mu karere ka Huye avuga ko aya mahugurwa ari ingenzi cyane kuko abenshi nyuma y’amahugurwa y’ibanze batabona andi.

Yagize ati “Aya mahugurwa atugaruyemo imbaraga kuko twabashije kuganira na bagenzi bacu bo mutundi turere twungurana inama. Aya mahugurwa twahawe azadufasha cyane mu gutinyuka gutanga amakuru ku gihe, kurwanya ruswa n’akarengane.”

Yakomeje avuga ko azanabafasha kwita ku iterambere ry’ umuturage no kunoza imikorere barwanya icyadindiza icyerekezo cy’igihugu muri rusange.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5901 Posts

Politiki

4152 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1025 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga