• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
16/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
16/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
16/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Huye: Amaze imyaka itanu yubakishijwe ikiraro ngo ahabwe inka, amaso yaheze mukirere

Umwanditsi
October 29, 2020

Sinumvayahari Honire, umukecuru w’imyaka 70 y’amavuko atuye mu kagari ka Rango A, Umurenge wa Mukura mu karere ka Huye, avuga ko amaze imyaka itanu yemerewe inka muri gahunda ya girinka aho yasabwe kubaka ikiraro azayitungiramo ariko amaso yaheze mukirere. Avuga ko iyo abayobozi baziko Perezida azaza bamubuza kubaza ikibazo.

Uyu mukecuru avuga ko uko umwaka utangiye bamubwira ko ari ku rutonde rwabagomba guhabwa dore ko abaturage aribo bamutoranije kugirango ajye ku rutonde ariko birangira amaso aheze mukirere ayitegereje.

Sinumvayahari aganira n’umunyamakuru w’intyoza, yavuze ko amaze igihe kingana n’imyaka itanu yubatse ikiraro cyo kororeramo iyi nka ariko akaba yarahebye.

Yagize ati:”Reba iki kiraro kimaze imyaka itanu ncyubatse ariko abana bagakomeza gukura ibiti babicana nkashyiraho ibindi ntegereje ko nabona inka nemerewe ariko maze imyaka itanu ntarayibona, nyamara nyibonye nabasha kubona amata nanjye nkanywa umwerera n’abuzukuru banjye bakabona ku mata, nkabona n’ibishingwe byo gushyira mu karima kanjye ariko wapi, iyo bumvise Perezida aribuze baravuga ngo sintere akaboko hejuru”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura uyu mukecuru atuyemo Ngabo Fideli, abajijwe niba ikibazo cy’uyu mukecuru akizi, yavuze ko ataramuzi ndetse atazi niba yaremerewe inka koko, yongeraho ko agiye kumushaka bakareba koko niba yaba ari mubakwiye guhabwa inka.
Yagize ati:”Ntabwo amazina y’uwo mukecuru narinyazi ntanubwo narimuzi ariko ubwo mumenye ngiye gukurikirana ikibazo cye nzatanga amakuru nimara kumugeraho”.

Girinka ni ijambo ryabayeho kuva kera mu muco nyarwanda ku buryo wasangaga no mu ndamukanyo Abanyarwada bifurizanya ubutunzi bakaramukanya bagira bati «Girinka». Nubwo gahunda ya girinka Munyarwanda yafashije benshi kwivana mu bukene hari abaturage bagaragaza ko mu itangwa rya girinka bashyiramo amarangamutima bigatuma hari abazikwiye batazibona, n’abazibona batazikwiye.

Mwitangizwa ry’iyi gahunda, intego nyamukuru yari iyo kurwanya imirire mibi mu bana no kuzamura ubukungu bw’imiryango ikennye. Ibyo byagezweho kandi hifashishijwe guha inka buri muryango ukennye bityo amata mu miryango ariyongera. Iyi gahunda n’ imwe muri Gahunda z’ingenzi mu gukemura ibibazo byo kutihaza mu biribwa mu gihugu ikaba ikorera mu turere twose tw’igihugu kuva mu mwaka wa 2006 yatangizwaga na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul KAGAME.

Venuste Habineza/Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga