• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
01/06/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
01/06/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri
01/06/26
Kamonyi: Gushaka Ubukire buhutiyeho, kutagira amakuru, ni bimwe mu bituma Urubyiruko rutagana Ubuhinzi

Imirwano yo gufata ubutegetsi ku ngufu muri Turukiya yapfubye

Umwanditsi
July 16, 2016

Mu ijoro rya cyeye kuri uyu wa gatanu, imirwano hagati y’ingabo za Turukiya n’izashakaga gufata ubutegetsi ku ngufu yarangiye umugambi wo kubufata upfubye.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu taliki ya 15 rishyira 16 Nyakanga, ingabo zigometse ku butegetsi muri Turukiya zashatse kubuhirika ariko mu mirwano zatangije ntiyazihiriye.

Guhera mu ma saa yine z’ijoro kuri uyu wa Gatanu, ikirere cya Turukiya cyari urujya n’uruza rw’indenge z’intambara, ibifaru (ibimodoka by’intambara)ku butaka, amasasu acicikana kubasirikare bashakaga gufata ubutegetsi ku ngufu n’abasirikare bashyigikiye ubutegetsi bwa Perezida Tayyip Erdogan uriho.

Mu murwa mukuru Ankara, hamwe n’igice cy’ikirere cya Istanbul, abaturage babwirwaga kuguma mu ngo zabo ndetse hanumvikanye amajwi yabwiraga abaturage ko ubutegetsi bwagiye mu maboko y’abasirikare bari biyemeje guhirika ubutegetsi buriho.

Amakuru yizewe, ahamya ko iri hirikwa ry’ubutegetsi nubwo ryaburijwemo ariko ngo bamwe mubari baryihishe inyuma ni abasirikare bakuru bari ku ruhande rw’umunyapolitiki uri mubuhungiro muri Amerika witwa Muhammed Fethullah.

Perezida wa Turukiya Recep Tayyip Erdogan, nyuma y’ipfuba ryo gufata ubutegetsi bwe ku ngufu, yagiye guhumuriza abaturage Istanbul no gutanga ubutumwa ku baturage be muri rusanjye ko bagomba gutuza bagakomeza bagakora imirimo yabo anavuga ko abateje ibi byose bazabiryozwa.

Perezida Recep Tayyip, yavuze ko abakoze iki gikorwa cyo gushaka guhirika no gufata ubutegetsi ku ngufu ari igikorwa cy’ubugambanyi ko ndetse batazigera bakibabarirwa ko bazishyura ibikomeye.

Muri iyi mirwano yo gushaka guhirika ubutegetsi muri Turukiya ku ngufu, abahasize ubuzima barabarirwa hagati ya 60-100 mu gihe abandi basaga 1000 bahakomerekeye naho abigometse benshi bakaba batawe muri yombi abandi bakemera kumanika amaboko nk’abatsinzwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5973 Posts

Politiki

4220 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1056 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga