Inzu ya Donald Trump imaze imyaka 120 yaguzwe akayabo ka Miliyari zisaga 375 z’u Rwanda

Biravugwa ko Trump Organization yageze ku bwumvikane bwo kugurisha imwe muri Hotel zayo zikomeye kuri miliyoni $375 (arenga miliyari 375Frw).

 Muri uko kugurwa, Trump International Hotel izahita ifata izina rya Waldorf Astoria maze icungwe na Hilton group, nk’uko amakuru abivuga. Mu kwezi gushize nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, iperereza ry’inteko ya Amerika ryasanze iyi hoteli yarahombye arenga miliyoni $70 mu gihe Trump yari perezida.

Mu kwezi kwa Nzeri (kwa cyenda) 2016 nibwo Trump Organisation yafunguye iyi nzu nk’ubucuruzi bwa hoteli kuri rubanda rwose, ariko kuva mu 2019 iyi hoteli y’ibyumba 263 yahise ishyirwa kw’isoko.

Iyi nzu imaze imyaka 120 yubatswe iri ku ntera igera kuri 1Km uvuye kuri White House i Washington. Mu 2012 nibwo Trump Organisation yabonye icyangombwa cyo kuvugurura iyi nyubako yahoze ari ibiro by’Iposita.

Nyuma y’imyaka ine nibwo yafunguwe nka hotel, hari hashize ibyumweru Trump yemejwe n’ishyaka ry’Abarepubulikani ngo arihagararire mu matora ya perezida.

Mu gihe Trump yari ku butegetsi, iyi hotel yagendwaga cyane n’abo mu ishyaka ry’Abarepubulikani baje muri uwo mujyi, ariko kandi yavuzweho inkuru zitandukanye.

Mu 2018 abakuru b’amadini basabye ko yamburwa uburenganzira bwo kugurisha inzoga zikaze za liquor, bavuga ko nyirayo “atari umuntu w’ingeso nziza“.

Vuba aha, iperereza ry’inteko ishingamategeko ryasanze Donald Trump “yarakabirije cyane” inyungu y’iyi hoteli ubwo yavugaga ko yinjije miliyoni $150 ku butegetsi bwe. Iryo perereza rivuga ko ahubwo mu gihe yari ku butegetsi iyi hoteli yahombye miliyoni $70.

Komite yakoze iperereza ivuga ko inyandiko zigaragaza ko iyi hoteli, mu buryo budasobanutse, yishyuwe miliyoni $3.7 zavuye muri Leta z’ibindi bihugu – amadorari yakwishyura amajoro 7,400 habariwe ku biciro bisanzwe by’iyi hoteli.

Trump yamaganye iyo raporo avuga ko “iyobya“, ndetse ko nta kibi yaba yarakoze kijyanye na yo.

intyoza

Umwanditsi

Learn More →