• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
17/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
17/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kabuga Felecien “Ntabwo ameze neza”, hasabwe ko urubanza rwe ruhagarara

Umwanditsi
May 10, 2021

Abanyamategeko baburanira umuherwe w’umunyarwanda Kabuga Felicien, ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basabye ko urubanza rwe ruhagarara bitewe nuko ngo ubuzima bwe butameze neza.

Felicien Kabuga w’imyaka 84 y’amavuko, hashize igihe cy’umwaka afatiwe mu Bufaransa, aho afungiwe i La Haye. Ategereje gucirwa urubanza n’urwego rwa ONU rwashinzwe kurangiza imanza zasigajwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha.

Mu nyandiko yashyikirijwe urukiko, yabonywe n’ibiro ntaramakuru AFP, uburanira Kabuga avuga ko gukomeza urwo rubanza bishobora gufatwa nko guhonyora bikomeye uburenganzira bwe.

Kabuga Felicien, yafatwaga nk’umwe mu batunzi bakomeye mbere mu Rwanda, akekwaho kuba yaragize uruhare mu gushinga umutwe w’Interahamwe, akaba kandi anashinjwa guhamagarira abahutu kwica abatutsi hakoreshejwe radio ye. Ntabwo biramenyekana igihe urubanza rwe ruzasubira kubera.

Mu kwezi kwa kane, urukiko rwa ONU ruburanisha imanza za jenoside zasigaye i Arusha rwategetse ko Emmanuel Altit akomeza kuburanira Kabuga, mu gihe yari yasabye kwikura muri uru rubanza.

Mu mpera z’ukwezi kwa mbere nkuko BBC ibitangaza, Altit yandikiye uru rukiko asaba kuva muri urwo rubanza kubera kutumvikana n’uwo aburanira ndetse n’umuryango we nk’uko biri mu nyandiko za UNIRMCT.

Itsinda ry’abacamanza batatu; Iain Bonomy, Graciela Santana na Elizabeth Ibanda-Nahamya baburanisha urwo rubanza, basabye Altit gukora uko ashoboye kugira ngo hagaruke ukwizerana hagati ye n’uwo aburanira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga