• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/04/26
Kamonyi-Kwibuka32: Guverineri Alice Kayitesi yasabye Ababyeyi kudakomeza kuroga abo babyara babikoreza imitwaro yabananiye
09/04/26
Kamonyi-ESB: N’Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d’Amour
09/04/26
Kamonyi: Kwegera Umworozi ntibikwiye kuba gusa igihe itungo rye ryagize ikibazo-Visi Meya Uzziel
09/04/26
Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’Imvugo z’urwango

Kabuga Felecien “Ntabwo ameze neza”, hasabwe ko urubanza rwe ruhagarara

Umwanditsi
May 10, 2021

Abanyamategeko baburanira umuherwe w’umunyarwanda Kabuga Felicien, ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basabye ko urubanza rwe ruhagarara bitewe nuko ngo ubuzima bwe butameze neza.

Felicien Kabuga w’imyaka 84 y’amavuko, hashize igihe cy’umwaka afatiwe mu Bufaransa, aho afungiwe i La Haye. Ategereje gucirwa urubanza n’urwego rwa ONU rwashinzwe kurangiza imanza zasigajwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha.

Mu nyandiko yashyikirijwe urukiko, yabonywe n’ibiro ntaramakuru AFP, uburanira Kabuga avuga ko gukomeza urwo rubanza bishobora gufatwa nko guhonyora bikomeye uburenganzira bwe.

Kabuga Felicien, yafatwaga nk’umwe mu batunzi bakomeye mbere mu Rwanda, akekwaho kuba yaragize uruhare mu gushinga umutwe w’Interahamwe, akaba kandi anashinjwa guhamagarira abahutu kwica abatutsi hakoreshejwe radio ye. Ntabwo biramenyekana igihe urubanza rwe ruzasubira kubera.

Mu kwezi kwa kane, urukiko rwa ONU ruburanisha imanza za jenoside zasigaye i Arusha rwategetse ko Emmanuel Altit akomeza kuburanira Kabuga, mu gihe yari yasabye kwikura muri uru rubanza.

Mu mpera z’ukwezi kwa mbere nkuko BBC ibitangaza, Altit yandikiye uru rukiko asaba kuva muri urwo rubanza kubera kutumvikana n’uwo aburanira ndetse n’umuryango we nk’uko biri mu nyandiko za UNIRMCT.

Itsinda ry’abacamanza batatu; Iain Bonomy, Graciela Santana na Elizabeth Ibanda-Nahamya baburanisha urwo rubanza, basabye Altit gukora uko ashoboye kugira ngo hagaruke ukwizerana hagati ye n’uwo aburanira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5946 Posts

Politiki

4195 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga