• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
06/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
06/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
06/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Kamonyi: Ibuka isanga hari ibikorwa n’imvugo bibangamiye abarokotse Jenoside

Umwanditsi
April 10, 2019

Ubuyobozi bwa Ibuka mu karere ka Kamonyi buvuga ko hari bamwe mu baturage bagaragaje ibyo bubona nk’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ibi ngo bibangamiye abarokotse Jenoside, bikabangamira kandi ubumwe n’ubwiyunge.

Murenzi Pacifique, perezida wa Ibuka mu karere ka kamonyi yabwiye intyoza.com ko muri iyi minsi u Rwanda n’abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ngo hari bamwe mu baturage bagaragaza ibikorwa n’amagambo atari meza ku barokotse Jenoside.

Ati” Hari nk’ikibazo I Rukoma aho Perezida wa Ibuka mu Kagari yagiye mu kabari k’umuntu baturanye aho ngaho, arababwira ngo ko mwatinze gukinga kandi ejo tuzatangira icyunamo, asubizwa ngo n’Inyange zirapfa nkanswe….”.

Murenzi, avuga kandi ko hari umukecuru mu Murenge wa Nyamiyaga uherutse guhohoterwa, aho yakubiswe habura amasaha macye ngo icyunamo gitangire. Uyu mukecuru ngo kugeza ubu ntabwo abantu bamuhohoteye baramenyekana. Ariko kandi ngo inzego z’umutekano zagiyeyo ndetse umukecuru yoherezwa kwa muganga.

Uretse ibi bikorwa n’imvugo byagaragaye, ubuyobozi bwa Ibuka mu karere buvuga ko hari n’ibindi bigikurikiranwa mu Murenge wa Kayumbu ahitwa Muyange.

Pacy, avuga ko bigoye kubona no kumva abantu bamara iminsi igera hafi ku mwaka ariko byagera mu gihe cyo kwibuka ugasanga abantu baragaragaza ibikorwa bibangamiye abarokotse, bibangamiye kandi ubumwe n’ubwiyunge

Agira ati “ Biriya ni ibigaragaza ko umuntu urimo hagati ari Leta, ko iramutse itanze imbarutso abantu bakongera bagakora ibyo basubitse. Kuko niba umuntu ashobora kumara imyaka ingana gutya hanyuma twagera mu gihe cyo kwibuka akaba aribwo yibuka gutoteza abantu, ni uko abisanganywe burya ahubwo abura aho abikorera”.

Akomeza avuga ko iyi myumvire n’ibi bikorwa bibangamiye cyane ubumwe n’ubwiyunge, ko ndetse inzira abona ko ikiri ndende. Abona ko abantu bamwe batarumva muribo ubumwe n’ubwiyunge, ko igitangira bamwe ari ugutinya ibihano.

Murenzi pacifique, avuga ko muri rusange ku bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ubwitabire bw’abaturage mu biganiro n’ibindi bikorwa byateguwe ngo haragaragara ubwitabire bw’abaturage ugereranije no mu myaka yatambutse.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga