• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Impanuka y’ikamyo yangije inyubako z’ikigo nderabuzima cya Musambira

Umwanditsi
March 30, 2021

Ni imodoka y’ikamyo nini itwara umucanga, izi zizwi nka HOHO, yakoze impanuka kuri uyu wa 29 Werurwe 2021 yinjira isenye uruzitiro rw’ikigo Nderabuzima cya Musambira, igwamo imbere n’umucanga yari itwaye. Yangije zimwe mu nyubako n’ibindi. ( amafoto).

Kimwe mu byatangaje umunyamakuru wageze aho iyi mpanuka yabereye, ni amahane yari afitwe n’umugore wavugaga ko izo modoka ari ize, abwira umunyamakuru ko atemerewe gufata amafoto mu gihe rubanda basanzwe bayafataga uko bashaka ndetse kuva igihe impanuka yabereye aya mafoto yafashwe n’abatari bake bahanyuze ndetse ahererekanywa ku mbuga nkoranyambaga nka Whatsapp zitandukanye.

Uko iyi HOHO yaguye mu kigo.

Umunyamakuru akihagera, yihutiye ku mubuza gufata amafoto atitaye ko yamwibwiye ndetse asaba abari mu butabazi guhisha ibiranga izi modoka( Pulaki), ari iyakoze impanuka ndetse na ngenzi yayo yakoreshwaga mu kuyikurura.

Bamwe mu baturage babwiye intyoza.com ko iyi mpanuka amahirwe bagize ari uko yabaye mu masaha y’igihe bwari butaracya ngo abakozi batangire akazi ndetse no mu muhanda habe harimo urujya n’uruza. Bahamya ko biba byabaye ibindi ku bakozi bahakorera ndetse n’abagana ikigo nderabuzima muri rusange by’umwihariko abakunda gusabira serivise mu gice yaguyemo. Iyakoze impanuka ifite Pulaki ya RAD 965 X naho ngenzi yayo yakoreshwaga mu kuyikurura ni RAE 288 X.

Aha bari bamaze kuyegura.
Ipoto y’amashanyarazi n’ibindi birimo ibitanga umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba byangiritse.

Abantu bari urujya n’uruza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Fulgencie says:
    March 30, 2021 at 5:18 am

    Ahwiiiii! Mbega guturira umuhanda!? Ngize ubwoba nanjye umuhanda unyura Ku irembo. Ariko Imana niyo nkuru. Kuba ntawahasize ubuzima, ana ishimwe

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga