• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
16/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
16/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
16/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Kamonyi-Kayenzi: Abaturage bisaniye ikiraro cyari cyarahagaritse ubuhahirane n’imigenderanire

Umwanditsi
April 5, 2021

Ikiraro gihuza Umurenge wa Kayenzi, Akagari ka Cubi mu karere ka Kamonyi n’uwa Kiyumba mu karere ka Muhanga cyari kimaze igihe cyarangiritse, abaturage bakagorwa no guhahirana no kugenderanirana. Ku bufatanye n’ubuyobozi, babashije gusana iki kiraro bongera gutuma inzira zigendwa.

Abaturage baganiriye na intyoza.com bavuga ko icyemezo cyo kwegeranya imbaraga n’ubushobozi bakishakamo ibisubizo by’iki kiraro babitewe nuko babonaga bamaze igihe bari mu bwigunge, kandi bareba hirya no hino bakabona nta handi hari igisubizo cyihuse atari muri bo ubwabo.

Ikiraro mbere y’uko gisanwa.
Ubu nyuma yo gusanwa.

Umwe muri aba baturage avuga ko hari byinshi biba biri mu bushobozi bwabo bitagombera izindi mbaraga. Ati “ Ntabwo ibintu byose twavuga ko Leta ariyo izaza kubikora, hari ibyo natwe tubasha kwikemurira dushyize hamwe. Icyo twakoze ni uguhuza ibitekerezo n’ubushobozi dufite, ubuyobozi buratwunganira buduha ibikoresho hanyuma dukemura ikibazo cyari kitubangamiye, ubu ikiraro cyacu cyongeye kuduhuza”.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi avuga ko iyo abaturage bashyize hamwe n’ubuyobozi nta kintu batabasha gukora. Avuga ko gusana iki kiraro byatwaye ibihumbi bigera kuri 600 mu mafaranga y’u Rwanda. Asanga imbaraga z’abaturage mu kwishakamo ibisubizo iyo zikoreshejwe neza zifasha gukemura byinshi mu bibazo bitabaye ngombwa ko iteka bikorwa mu ngengo y’imari ya Leta.

Abaturage basabwa gukoresha neza iki kiraro, bakakirinda kwangirika no kwangizwa.

Gitifu Mandera, asaba abaturage kumva ko ibisubizo bya byinshi mu bibazo biri hagati muribo, ko igihe cyose batekereje guhuriza hamwe imbaraga n’ubushobozi bakwiye kubikora ntawe basiganya kuko baba bikorera. Avuga ko aho batabashije ariho basaba izindi mbaraga z’ubuyobozi, aho gutekereza ko iteka no mubyo bishoboreye babitega Ingengo y’imari ya Leta kandi hari ibindi bikorwa bikomeye yagashyizwemo.

Munyeneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga