• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kamonyi: Kuba inkunga ku batishoboye zidatanga umusaruro ukwiye si uko nta gikorwa-Mayor kayitesi

Umwanditsi
August 11, 2019

Mu gihe abaturage bo mu cyiciro cy’abatishoboye bagenerwa ubufasha bivugwa ko inkunga bahabwa akenshi zitabyazwa umusaruro uko bikwiye, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Kayitesi Alice avuga ko ntaho bihuriye no kuba abazihabwa badategurwa mbere, batigishwa (Ubukangurambaga).

Hagendewe ku ngero nk’iz’abaturage batishoboye bagiye bahabwa ubufasha nka Girinka, babwirwa ko inka ahawe ikamwa Litiro zitari munsi y’eshanu nyamara ahenshi uyu munsi ugasanga nta n’ikamwa Litiro eshatu, kimwe n’ubundi bufasha budatanga umusaruro ukwiye, Umuyobozi w’Akarere ka kamonyi Kayitesi Alice yabwiye intyoza.com ko abavuga ko nta bukangurambaga cyangwa gutegura abahabwa inkunga biba byakozwe bibeshya, ko ukuri ari uko kwigisha bikorwa kandi bikaba ari urugendo.

Ati“ Mu kazi kacu ka buri munsi igikomeye cyane dukora ni ukwigisha abaturage kuruta kubaha ibintu tutabanje kubasobanurira. Rero kwigisha ni urugendo ntabwo ari ikintu kirangira uyu munsi. Ntabwo twavuga ngo uyu munsi byarangiye, njye mbona hari intambwe ishimishije yatewe dukurikije aho twagiye tuva n’aho tugenda tugana”.

Mayor Kayitesi, avuga ko kuba akenshi hari aho usanga inkunga zihabwa abatishoboye zitabyazwa umusaruro ukwiye ngo si uko nta mafaranga cyangwa umwanya uhagije ugenerwa ubukangurambaga mu kwigisha abagenerwa bikorwa.

Ati“ Ntabwo navuga ngo hajyamo amafaranga makeya. Hari gahunda nyinshi za Leta ndetse n’iz’Abafatanyabikorwa zigamije Mobilization (Ubukangurambaga), ndetse na gahunda zose zikorwa nta n’imwe iza ngo ihite izana amafaranga cyangwa ikorwe itabanje gusobanurirwa abaturage, abagenerwabikorwa bayo ngo ndetse hanashakwe uburyo yazakomeza mu gihe kirambye”.

Ugendeye ku bufasha buhabwa abatishoboye, abenshi ubasanga mu cyiciro cya mbere cy’Ubudehe ndetse n’icya kabiri. Mu Karere ka Kamonyi imibare y’Ubudehe igaragaza ko abaturage 47,243 babarizwa mu cyiciro cya mbere mu gihe 181,886 babarizwa mu cyiciro cya Kabiri cy’ubudehe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga