• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
15/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Kamonyi: Kurekurwa kwe kwibazwaho n’abaturage bibwiraga ko yakagombye kuba afunzwe

Umwanditsi
September 2, 2016

Gufungurwa by’agateganyo kwa Mukamusongarere Ruth ukurikiranyweho gutema umwana kwashyize abaturage mu gihirahiro bibaza buryo ki afunguwe.

Mukamusongarere Ruth utuye mu mudugudu wa Kagarama akagari ka Gihinga umurenge wa Gacurabwenge, bamwe mu baturanyi be barimo n’abo yatemeye umwana bibaza impamvu bamubonye atashye kandi bari bazi ko afunze.

Mukamusongarere, afite imyaka 62 y’amavuko. Nyuma yo gutema umwana w’umuturanyi akamukomeretsa amusanze mu murima we w’imbuto za Manderena, yarafunzwe ariko afungurwa by’agateganyo ari nabyo byibajijweho n’abaturanyi barimo n’abo yatemeye umwana.

Mukamusongarere, nawe ubwe avuga ko yaburanye ariko akabona ararekuwe. Avuga ko yahawe igihe cyo kujya ajya kwitaba. Avuga kandi ko nawe atazi niba aricyo gihano yahawe ku cyaha akurikiranyweho.

Ndahayo watemewe umwana, avuga ko atiyumvisha uburyo uyu Mukamusongarere wamutemeye umwana yafunguwemo akagaruka murugo.

Ndahayo agira ati:” Twebwe ntabwo tuzi ukuntu uriya mudamu yarekuwe, kuko umuntu yarafashwe arafungwa bucyeye tugiye kubona tubona araje, tuyoberwa ukuntu atashye”.

Umugiraneza Marthe, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gacurabwenge, aganira n’intyoza.com yatangaje ko Mukamusongarere yatemye umwana agafatwa na Polisi agafungwa nyuma agashyikirizwa ubushinjacyaha. Amakuru y’ifungurwa rye avuga ko yayabwiwe n’uwo yatemeye umwana.

Umugiraneza, avuga ko nyuma yo kumenya iby’iri fungurwa ryari ryahangayikishije bene gutemerwa umwana ngo yagiye gushaka ubushinjacyaha kugira ngo abone icyo abwira umuturage wamusangaga amusaba ubusobanuro.

Nyuma yo kuganira n’ubushinjacyaha, bwamubwiye ko babaye bamurekuye by’agateganyo kuko babonye irekurwa rye ntacyo ryakwangiza, ko ariko bakirimo kwegeranya amakuru n’ibimenyetso kugira ngo azaburanishwe mu mizi imbere y’urukiko.

Mukamusongarere, icyaha yakoze aracyemera ndetse yanagisabiye imbabazi umubyeyi w’umwana, anatanga amafaranga ibihumbi 90 yo kumuvuza no kumwondora ariko ngo umuryango mugari w’umwana izi mbabazi wanze kuzemera.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga