• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/11/25
HOWO(HOHO) ishobora kuba atari ikibazo, ahubwo abazitwara-ACP Boniface Rutikanga
18/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
18/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
18/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko

Kamonyi: Minisiteri y’Ubutabera binyuze muri MAJ yegerejwe abaturage

Umwanditsi
May 12, 2016

Inzu ya Minisiteri y’ubutabera yahariwe gutanga ubufasha mu by’amategeko (MAJ) yaganirije abaturage ibibutsa ko Minisiteri y’Ubutabera iri rwagati muribo.

Kuri uyu wa Kane Taliki ya 12 Gicurasi 2016, mu murenge wa Gacurabwenge, akagari ka Gihinga umudugudu wa Ryabitana, inzu y’ubufasha muby’amategeko (MAJ) yaganiriye n’abaturage, bibukijwe ko Minisiteri y’ubutabera yaje rwagati muribo kugira ngo ibibazo bijyanye n’ubutabera n’amategeko bikemurirwe hafi.

Pauline Umwali, umuyobozi w’inzu y’ubufasha muby’amategeko (MAJ) mu karere ka Kamonyi, yasabye abaturage kugaruka ku ndangagaciro z’abanyarwanda bagerageza kwikebuka baganisha ku kwishakira ibisubizo mu bibazo bigenda bigaragara, kwikemurira ibibazo by’amakimbirane bivuka batarinze kwitabaza inkiko.

Yabwiye kandi abaturage ko iyi nzu y’ubufasha muby’amategeko ya Minisiteri y’ubutabera yabegerejwe, ko bagomba kuyigana, ko bagomba kumenya icyo ibamariye.

Umwali, yibukije ko bumwe mu bufasha iyi nzu itanga burimo; kwakira ibibazo bijyanye n’akarengane, ibibazo bishingiye ku mategeko, kugira inama no gukorera abantu imyanzuro bashobora gukoresha mugihe bagiye mu manza.

Bamwe mu baturage bitabiriye ikiganiro cya MAJ.
Bamwe mu baturage bitabiriye ikiganiro na MAJ Kamonyi.

Umwali Pauline, yanabashishikarije abaturage kurangiza imanza ku neza, uwatsinzwe agatanga ibyo yatsindiwe atarinze gushyirwaho imbaraga.

Yibukije abaturage ko kandi bari mu cyumweru cyo kugaragaza imanza Gacaca zose zitararangizwa, asaba abazifite ko bazishyikiriza akagari kabo kuko zigiye kubarurwa mu buryo bw’amazina n’imibare.

Umwali, yibukije kandi ko MAJ iburanira abatishoboye iyo bibaye ngombwa ko ibyo baburana bijya munkiko, ababwira ko batagarukira gusa mu kuburanira abaturage ko ahubwo banakora igikorwa cyo kubahesha ibyabo mugihe babitsindiye.

Umwali, yibukije kandi abaturage ko ubu Minisiteri y’ubutabera yatangije icyumweru cyahariwe ubufasha mu Mategeko (Legal Aid Week) cyatangiye ku itariki ya 9-13 Gicurasi 2016.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5915 Posts

Politiki

4165 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1033 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga