• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi: Nta DASSO ukibarizwa mu Kagari, bose bazajya babarizwa ku Murenge

Umwanditsi
July 27, 2022

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwafashe icyemezo cyo gukura abagize urwego rwunganira akarere mu gucunga Umutekano-DASSO, babarizwaga ku rwego rw’Akagari bakajya bose babarizwa ku Murenge. Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, avuga ko byakozwe mu rwego rwo kunoza imikorere no guhuza imbaraga, ko kandi ntaho bihuriye n’imyitwarire itari myiza yagiye ikunda ku garagara kuri bamwe.

Aganira na intyoza.com, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvere yavuze ko ba DASSO bakuwe mu tugari bose bakazajya babarizwa ku Murenge bakoreragamo. Ahamya ko gufata icyo cyemezo biri mu rwego rwo kugira ngo habashe kubaho imikorere inoze, no kubagenzura( Coordination) byorohe, babashe gukora nk’ikipe imwe aho gutatanya imbaraga.

Meya Dr Nahayo, avuga ko aba ba DASSO kuba bakuwe mu tugari bakajyanwa ku mirenge ntaho bihuriye no kuba hari bamwe wasangaga bivanga mu nshingano z’ubuyobozi bw’Akagari ndetse n’ibindi bibazo bavugwagamo birimo za Ruswa no guhohotera abaturage.

Ati“ Ibyo ntaho bihuriye kuko urumva niba hari n’abagaragara ko bateshuka ku nshingano zabo, bwaba ari mu buryo bwo gutandukira ariko n’umuntu akabikora ku giti cye. N’ubundi abatandukira n’iyo yaba ari ku Murenge nti byamubuza gutandukira”.

Akomeza ashimangira ko ibyakozwe biri mu buryo bwo guhuza imbaraga, ko kandi kubarizwa ku murenge aribwo babona ko bazakora neza kurusha uko bakoraga, bagatanga umusaruro kurusha uko bawutangaga.

Kuba DASSO bazajya babarizwa ku Murenge, bivuze ko mu gihe hari akazi bazajya bapangwa hakurikijwe akazi gahari n’uko bari bugakore kandi bagende nk’ikipe nta bimwe wasangaga mu Kagari hari DASSO uhabarizwa.

Icyemezo cyo gukura DASSO mu tugari mu karere ka Kamonyi, nubwo kitahuzwa na byinshi mu bibazo byari bimaze igihe bivugwa muri bamwe mu bagize uru rwego, mu bihe bishize hari bamwe bagiye bavugwaho kwivanga cyane mu nshingano z’abayobozi b’Akagari bakoreragamo, ku buryo hari na hamwe wageraga ugasanga yasigaranye akagari wenyine, hari kandi ibyagiye bivugwa byo guhohotera abaturage babakubita, Ruswa n’ibindi bitari byiza bamwe bijandikagamo bikanduza isura y’uru rwego, ugasanga barikomwa n’abaturage.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga