• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi-Nyamiyaga: Umukecuru w’imyaka 79 warokotse Jenoside yishwe by’amayobera

Umwanditsi
June 3, 2022

Umukecuru Mukamihigo Immaculee, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wari utuye mu Mudugudu wa Nyamweru, Akagari ka Bibungo, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka kamonyi, kuri uyu wa 02 Kamena 2022, birakekwa ko yishwe n’umushumba we wari umaze muri uru rugo iminsi 2.

Amakuru intyoza.com ikesha abaturage mu Murenge wa Nyamiyaga, ariko kandi yemezwa n’ubuyobozi, ni ay’urupfu rw’Umukecuru Mukamihigo Immaculee w’imyaka 79 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wishwe n’uwo bikekwa ko ari umushumba babanaga, aho yari ahamaze iminsi 2 gusa.

Abahaye amakuru intyoza, bavuga ko bakurikije igihe uyu mushumba yari amaze muri uru rugo, bakurikije kandi uko babwiwe uburyo uyu mukecuru yishwe, batatinya gukeka ko uyu mushumba ariwe wamwishe, ko kandi yaba yari gatumwa kuri uyu mukecuru.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bibungo, Abel Dushimimana abajijwe n’umunyamakuru iby’urupfu rw’uyu mukecuru n’igihe byabereye, yamusubije agira ati“ Isaha ntabwo tuyizi neza, ariko birakekwa ko ari umushumba wishe uwo mukecuru kuko niwe babanaga wenyine, ariko yari ahamaze iminsi 2 gusa, twari tutaramemya ko anahari”.

Gitifu Dushimimana yakomeje agira ati“ Amaze kumwica, yahise atoroka ajyana terefone y’uwo mukecuru, ahamagara umwe mu bana be aramubwira ati“ Mama wawe ntabwo ameze neza, ati nta nubwo muzongera no kuvugana”.

Gitifu, Avuga ko bakimenya iyi nkuru mbi bihutiye kubimenyesha inzego bireba kandi ko zahise zitabara. Avuga ko we ubwe aya makuru bayamubwiye ahagana ku i saa 17h50, ko kandi bageze mu rugo rw’uyu mukecuru basanze hari umuhini bigaragara ko bamukubise mu mutwe, ko kandi hari n’igitambaro mu ijosi byagaragaraga ko bamunigishije mu cyuma araramo. Ku bwa Gitifu, nawe akeka ko uyu mushumba yaba ariwe mwicanyi.

Amakuru yandi agera ku intyoza ni uko uyu mukecuru ari Mama wa Mugunga, uyu yigeze kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye ho mu Karere ka Muhanga. “Imana yakire Umukecuru aruhukire mu mahoro“. Gusa na none uyu Murenge wa Nyamiyaga, umaze iminsi ugaragaramo ubwicanyi n’urugomo, abaturage bakaba basaba inzego bireba guhaguruka zikagira icyo zikora.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

4 Comments

  1. Bosco says:
    June 16, 2022 at 6:59 am

    Uyu mubyeyi yaragambaniwe Kandi kuburyo bwo hejuru nihakiewe iperereza ryimbitse, bitabaye ibyo inzego zumutekano zaba zisebye Cyane mugihe zirirwa mubindi bihugu zihatanga umutekano,.

  2. Damour says:
    June 16, 2022 at 7:02 am

    Ntabwo yishwe n’umuntu umwe nicyo kigaragara. RIB nikore akazi kayo Kandi ababikoze bazagaragaze icyabibateye. Nibahere kubaturanyi be ba hafi nigute ntawigeze atabara koko

  3. Bosco says:
    June 16, 2022 at 8:52 am

    Uyu mubyeyi yaragambaniwe Kandi kuburyo bwo hejuru nihakorwe iperereza ryimbitse, bitabaye ibyo inzego zumutekano zaba zisebye Cyane mugihe zirirwa mubindi bihugu zihatanga umutekano,.

  4. Joseph says:
    June 16, 2022 at 8:55 am

    Birababaje Cyane rwose Kandi byitabweho ejo bazongera bice n’abandi nkubu na Gasogi bahitanye umwana,,turatabaza RIB rwose

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga