• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
05/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Kamonyi/Rugalika: Umukecuru w’imyaka 66 yishwe atewe icyuma

Umwanditsi
October 29, 2020

Nyirampfakaramye Virijiniya, ku myaka 66 y’amavuko mu ijoro ry’uyu wa 28 Ukwakira 2020 yasanzwe yapfuye mu gashyamba kari hafi y’iwe muri Gatovu, Akagari ka Sheri. Bivugwa ko yavuye mu rugo yitabye abantu bamuhamagaye kuri terefone igendanwa.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mukecuru yamenyekanye mu ma saa mbiri z’ijoro nyuma y’abamubonye aryamye mu gashyamba kari hafi y’iwe, bareba bagasanga yapfuye, iruhande rwe hari icyuma kandi bigaragara ko yagitewe, bahita batabaza.

Umugiraneza Martha, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika yahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Ati “ Ni amakuru atari meza y’umukecuru wavukijwe ubuzima. Bamusanze mu gashyamba kari hafi y’iwe nko mu ma saa mbiri y’ijoro, bamubonye ko aharyamye kandi basanga yapfuye, ntawe uzi niba bahamushyize apfuye, ntawe uzi niba bahamuzanye bakahamwicira akahaguma, yari mugashyamba kandi yatewe icyuma kandi kinamuri iruhande”. Akomeza avuga ko icyuma yagitewe mu mbavu.

Gitifu Umugiraneza, avuga ko ku makuru bahawe ari uko uyu mukecuru yavuye iwe hagati ya saa kumi n’ebyiri n’igice na saa kumi n’ebyiri na mirongo itanu akazamuka ari abantu bamuhamagaye kuri terefone, kuva icyo gihe agenda ngo bongeye ku mubona aryamye aho mu gashyamba yapfuye. Akomeza avuga ko abaturage batabaye, inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano nazo zikahagera. Umurambo wajyanwe kwa muganga mu gihe iperereza ryatangiye gukorwa.

Amakuru agera ku intyoza.com ni uko bamwe mu baturage bavuga ko urupfu rw’uyu mukecuru ngo rushobora kuba rufite umuzi mu bibazo mu muryango, aho ndetse ngo uyu mukecuru bigeze no kumupatana ngo yicwe ariko icyo gihe uwari uje kumwica ngo akamugirira impuhwe.

Ku bijyanye n’uyu muzi w’ikibazo abaturage bakeka ko cyaba gifitanye isano n’urupfu rw’uyu mukecuru, turacyabicukumbura. Gusa ngo abamuhamagaye bivugwa ko bari bigize abakomisiyoneri, aho bwambere bavuganye nyuma bakagaruka bamuhamagara ngo aze barangize ibyo bavuganye.

Ubwanditsi

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga