• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
14/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
14/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
14/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi-Runda: Ikirombe cyagwiriye abantu bane umwe ahasiga ubuzima

Umwanditsi
January 2, 2022

Ikirombe gicukurwamo amabuye asanzwe yubakishwa giherereye ahazwi nko mu Kibaya, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi kuri iki cyumweru tariki ya 2 Mutarama 2022, cyagwiriye abagabo bane, umwe muri bo ahita yitaba Imana mu gihe abandi batatu bakometse bajyanywe kwa muganga.

Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yemereye intyoza.com ko aya makuru y’ikirombe cyagwiriye abantu ari impamo. Avuga ko uko ari bane cyabagwiriye, umwe akaba ariwe uhita yitaba Imana mu gihe abandi batatu bakomeretse.

Gitifu Mwizerwa, avuga ko bose uko ari bane bakuwe mu kirombe. Ko batatu bakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro bya Remera Rukoma kugira ngo bitabweho, mu gihe kandi uyu cyahitanye nawe umurambo we wajyanywe kuri ibi bitaro bya Rukoma.

Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko iki kirombe cyagwiriye aba bantu mu masaha ya mbere ya saa sita. Ni icy’uwitwa Muhozi Anastase, bikaba bivugwa ko akorera ku cyangombwa cya Kampuni imwe ikora iby’ubucukuzi. Amakuru anavuga ko batari bameranye neza, aho hari n’ubwo mu minsi ishize bari hafi gutandukana. Gusa na none ngo amakuru nyayo y’ukuri nyako kutamenyekanye ashobora kuza kujya hanze ku bijyanye n’ibyangombwa n’imikorere hatagize ikibyitambika, cyane ko RIB na Polisi bahageze.

Iby’iki kirombe, bibaye mu gihe ikindi kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma ho muri aka karere giherutse kugwira umuntu tariki 23 Ukuboza 2021, aho bamushakishije iminsi irenga itandatu bataramubona, ubu bikaba bisa nk’aho kumushakisha byabaye bihagaze kubera ko n’imiterere y’umusozi yashoboraga guteza ibindi bibazo kubari mu gikorwa cyo kumushakisha.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga