• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi-Runda: Inkongi y’umuriro yafashe uruganda rw’imigati rurashya

Umwanditsi
January 25, 2021

Mukerera rw’uyu wa 25 Mutarama 2021, saa kumi n’imwe zirenga, mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda uruganda ruto rutunganya imigati rwafashwe n’inkongi y’umuriro, rurashya, hangirika byinshi. Ni haruguru gato y’ahazwi nko ku ndege ku muhanda w’itaka ugana i Gihara.

Bizabarimana Hakim, umwe mubakorera muri uru ruganda wabonye uko byatangiye, yabwiye intyoza.com ko adashidikanya ko iyi nkongi yatewe n’ibura ry’umuriro wagiye ubugira gatatu ugaruka.

Agira ati “ Twarimo duponda tugeze ku gafuka kanyuma umuriro uragenda turicara turawutegereza, urongera uragaruka turakora, turangije urongera uragenda, urongera uragenda bwa gatatu, noneho ubwo twari twicaye dutegereje ko imigati ibyimba ngo tuyishyire mu ifuru, nagiye kubona mbona hano hejuru haratse ntangira kurwana no kumenamo amazi, noneho twayamenamo umuriro ukarushaho kugurumana”.

Bazabarimana, akomeza avuga ko bakomeje kurwana n’uyu muriro bazana amazi n’ibitaka, barwana nawo kugera ubwo na Polisi yazanye imodoka kabuhariwe mu kuzimya inkongi ikabafasha kuwuzimya nubwo ngo bari bamaze gucogoza iyi nkongi.

Uyu muriro wadutse ngo watijwe umurindi n’amavuta aba ari ku mpande ku ifuru itunganyirizwamo imigati. Bimwe mubyangiritse bifite agaciro harimo iyi furu y’imigati, harimo imigati isaga 120 kandi umwe ugurishwa amafaranga 1500 y’u Rwanda, hari kandi amakopo 120 hamwe n’igice kimwe cy’inzu cy’ahatunganyirizwa iyi migati.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga