• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi : Umuganda uteguwe neza utanga umusaruro ushimishije – Meya Rutsinga Jaques

Editor
November 2, 2015
Meya wa Kamonyi

Imbaraga z’umuganda n’umusaruro wawo mwiza bimaze ku garagara ko uva mu igenamigambi ryawo risobanutse.

Umuganda wakozwe mu karere ka Kamonyi kuri uyu wa gatandatu taliki ya 30 ukwakira 2015 , wakorewe mu murenge wa Karama mu kagari ka nyamirembe ahashijwe ikibanza cyizubakwa mo amashuri abanza yo gusimbura ayari atakijyanye n’igihe kubera gusaza.

Umuganda witabiriwe n’abaturage basaga 1500 , ubuyobozi bwawuhaye agaciro k’amafaranga angana na miliyoni imwe n’ibihumbi Magana ane y’u Rwanda , aho kandi ubuyobozi bwishimira uko abaturage bakomeje kugaragaza umufatanye mu kwiteza imbere.

Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga jaques aganira n’intyoza.com yavuze ko umuganda ari kimwe mubisubizo by’ibibazo bitandukanye abanyarwanda bishatsemo ukaba uri no mu muco w’abanyarwanda.

Meya Rutsinga abona ko igenamigambi ry’umuganda rinoze ariryo rituma witabirwa ndetse bigatanga umusaruro ufatika aho agira ati

ubwitabire bumaze kuzamuka ndetse kurugero rushimishije ariko usanga byose bishingiye ku gukora igenamigambi ry’umuganda rinoze ,abaturage bakamenyeshwa igikorwa kizakorwa hakiri kare bakabikangurirwa ,bakabyibutswa ,bakanabiteganya, bakamenyeshwa igikorwa kizakorwa n’aho kizakorerwa ndetse bakanitwaza n’ibikoresho bijyanye n’igikorwa.

Abaturage mumuganda
Abaturage mu muganda

Rutsinga avuga ko umuganda atari gusa ibikorwa by’amaboko bihuza abawukora ko ari n’umwanya mwiza abantu bahura nyuma y’igikorwa cyateganijwe bakaganira kuri gahunda rusange zo kwiteza imbere n’igihugu muri rusange, ukaba n’umwanya mwiza wo gusabana , kumenyana no gufashanya kumenya no gukemura ibibazo abantu baba bafite.

Guverineri w’intara y’amajyepfo Munyantwali Alphonse wari witabiriye uyu muganda aganira n’abaturage yongeye kwibutsa ko ibikorwa byiza bikomeje kugerwaho babikesha ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na nyakubahwa Perezida wa Repuburika y’u Rwanda paul kagame.

Ifoto Munyantwali Alphonse - Guverineri w'intara y'amajyepfo
Munyantwali Alphonse – Guverineri w’intara y’amajyepfo aganira n’abaturage nyuma y’umuganda.

Guverineri Munyantwali yakanguriye abaturage kwita k’ubuzima , umutekano n’ibindi bikorwa byiza bigamije iterambere anasaba abaturage kubahana no kubungabunga ubumwe bw’abanyarwanda agira ati

icyo dukorera twese , icyatuzinduye tukaza mu muganda , ibyo dukora umunsi k’uwundi ni ukugirango tube abanyarwanda bishimiye kuba abanyarwanda, bishimiye uko babayeho twishimiye u Rwanda rwacu ndetse u Rwanda rufite izina muruhando rw’amahanga.

Kagame Alexis umuyobozi w’ingabo muntara y’amajyepfo witabiriye uyu muganda nk’ingabo yaganiriye n’abaturage ariko kandi anibanda k’umutekano agira ati

umutekano murawufite , icyo mbasaba ni kimwe gusa ni ukubana neza mungo zanyu mukirinda amakimbirane ibindi mugafatanya kugirango dutere imbere kuko umutekano urambye ni iterambere.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga