• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Umuyobozi w’Akarere asobanura ate icyo umunsi w’intwari uvuze kuriwe n’abaturage ayobora

Umwanditsi
February 4, 2019

Umunsi wa tariki 1 Gashyantare ni umunsi mukuru wo kuzirikana intwari z’Igihugu, ukaba n’umunsi ngaruka mwaka. Umuyobozi w’Akarere ka kamonyi, Alice Kayitesi awubona nk’umunsi udasanzwe wo kwibuka ko hari intwari zitanze ngo Abanyakamonyi babe bari uko bari uyu munsi.

Alice Kayitesi, umuyobozi w’Akarere ka kamonyi aganira n’intyoza.com yahamije ko tariki 1 Gashyantare ari umunsi ngaruka mwaka wizihizwaho umunsi w’intwari z’igihugu, ko yaba we ubwe n’abanyakamonyi ayoboye bawubona nk’umunsi ukomeye kandi ubibutsa ko hari abanyarwanda babaye intwari zatumye bari uko bari uyu munsi.

Agira ati” Umunsi w’intwari ni umunsi ukomeye kuri twebwe kandi ufite igisobanuro, umunsi utwibutsa ko hari abanyarwanda babaye intwari kugira ngo nk’abanyarwanda batuye mu karere ka kamonyi tube turiho uko tumeze ubungubu.”

Kayitesi, akomeza avuga ko mu kwibuka izi Ntwari banarushaho gushishikarira gukomeza ibikorwa by’ubutwari byatangiwe nazo, birimo gukundisha abanyakamonyi gukunda igihugu no kugikorera, kongera ibikorwa by’ubutwari hagamijwe kugera ku cyerecyezo cyifuzwa.

Ahamya ko mu kugera ikirenge mu cy’izi Ntwari ndetse no kugera ku cyerekezo cyifuzwa hari inkingi 10 nk’intara y’amajyepfo bafashe, aho buri karere kagomba kuzifashisha mu kugeza umunyarwanda ku mibereho myiza n’iterambere ryihuse.

Muri izo nkingi 10 hari; Umurongo ngenderwaho wa Politiki y’Igihugu, Kubakira inzego ubushobozi biganisha ku kwihangira imirimo, Kwita ku mitangire myiza ya Serivise, Kwita ku mutekano, Guteza imbere ibikorwa remezo, Kuvugurura ubuhinzi n’ubworozi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bigakorwa mu buryo bugezweho, Kwita ku bibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, Kwita ku mikorere myiza n’abafatanyabikorwa, Kwita ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, Guhanga udushya hagamijwe impinduka mu iterambere.

Alice Kayitesi, avuga ko izi nkingi 10 n’ubwo ari umwihariko w’intara y’amajyepfo aho buri karere kagomba kuzigira nyambere kageza umunyarwanda ku mibereho myiza n’iterambere ryihuse, ngo si umwihariko nyirizina w’Intara kuko ngo babivoma muri Politiki z’Igihugu, icyo bakoze ni ukuzifata nk’inkingi zibanze zigomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo bihute kugera aho bifuza.

Insanganyamatsiko y’Umunsi w’intwari w’uyu mwaka wa 2019 igira iti “ Dukomeze Ubutwari mu cyerekezo Twahisemo.”

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga