• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
06/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
06/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
06/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws

Kamonyi: Yakubiswe ategewe nzira agirwa intere birangira apfuye

Umwanditsi
May 2, 2019

Ingabire Solange w’imyaka 35 y’amavuko mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Gicurasi 2019 yategewe mu nzira n’abantu baramukubita. Abatabaye ngo bamujyane kwa muganga yabapfiriyeho mu nzira.

Uru rugomo rwo gukubita uyu Ingabire Solange rwabereye mu Mudugudu wa Bumbogo, Akagari ka Kabashumba, Umurenge wa Nyamiyaga mu masaha ya saa saba zishyira i saa munani z’ijoro ryakeye.

Emmanuel Mbonigaba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga yahamirije intyoza.com amakuru y’urupfu rwa Ingabire Solange, anavuga ko bakeka ko uru rupfu rwatewe n’inkoni yakubiswe nubwo ntawuzi uburyo yakubiswemo kugeza ubwo abatabajwe bamusanze ari intere bamujyana kwa muganga akabapfiraho.

Yagize ati” Twamubonye yanegekaye, ajyanywe kwa muganga ageze munzira arapfa. Ariko yari yanegekaye cyane bitewe n’inkoni. Hari abakekwa bashakishijwe bamwe barafatwa, hari n’abataraboneka. Akomeza abuga ko umurambo wa nyakwigendera Ingabire wajyanywe ku bitaro bya Kacyiru ( ibyitwa ibitaro bya Police) kugira ngo apimwe.

Gitifu Mbonigaba, avuga ko amakuru y’uyu mugore bayamenye bayabwiwe n’umuturage wamubonye agahuruza ubuyobozi muri iryo joro, hanyuma Akagari n’Umudugudu bagatabara. Uyu nyakwigendera ngo yatezwe ava ahazwi nko muri Arikide. Ubuyobozi buvuga kandi ko butazi niba hari icyo nyakwigenda yapfaga n’abakekwaho kumukubita kugeza aho bimubyariye urupfu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5907 Posts

Politiki

4158 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga