• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
30/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
30/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
30/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka

Kiyovu Sports yatengushye abafana bayo bari bigaragaje ku bwinshi kuri Sitade ya Nyamirambo-Amafoto

Umwanditsi
July 5, 2019

Mu gikombe cy’Amahoro mu mukino w’umupira w’amaguru wabaye kuri uyu wa kane tariki 04 Nyakanga 2019 ugahuza ikipe ya AS Kigali na Kiyovu Sports, warangiye igikombe gitwawe n’ikipe y’umujyi(AS Kigali) itari ifite abafana benshi kuri Sitade ya Nyamirambo urebye uko muri Sitade abafana bari bitabiriye.

Uyu mukino warangiye mu minota 90 isanzwe y’umukino amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe. Bongeraho iminota 30 irangira ikipe ya AS Kigali ibonyemo igitego cya kabiri cyanayihesheje intsinzi y’uyu munsi itahana ityo Igikombe n’igihembo cy’amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni icumi. Ni igikombe kandi AS Kigali itwaye ku nshuro ya 3 kuva yashingwa.

Iyo uroye muri Sitade, ibara ry’icyatsi niryo ryari ryiganje ku buryo n’aho wabonaga abafana ba AS Kigali wasangaga bazengurutswe n’abambaye icyatsi n’umweru(Kiyovu Sports). Aya ni amahirwe ikipe ya Kiyovu yari ibonye yo gutwara igikombe ikaba yakongera kwigarurira imitima y’abakunzi bayo bamaze imyaka isaga 20 batazi uko gutwara igikombe bimera ariko aya mahirwe yabaciye mu myanya y’intoki.

Dore amwe mu mafoto twaguhitiyemo agaragaza ubwinshi bw’abafana b’iyi kipe y’urucaca:

 

Ba Kapiteni b’amakipe yombi bahana ibirango by’amakipe yabo bakanatombora igice cy’ikibuga buri kipe ibanzamo.

 

Abakinnyi ba Kiyovu babanje mu kibuga.

 

Abakinnyi ba AS Kigali babanje mu kibuga.

 

Wararanganyaga amaso muri Sitade ukabona icyatsi n’umweru byiganje.

 

Aka ni agace byagaragaraga ko karimo aba AS Kigali ariko wasangaga barushwa ubwinshi n’abambaye icyatsi n’umweru.

 

 

 

AS Kigali y’Abagabo yatwaye igikombe.

 

AS Kigali y’Abagore nayo yatwaye igikombe.

 

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5901 Posts

Politiki

4152 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1025 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga