• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Kugirira icyizere inzego z’umutekano bituma bashishikarira iterambere

Umwanditsi
July 7, 2016

Mu isuzuma ry’uko abaturage babona imiyoborere ibabereye n’imitangirwe ya serivise mu nzego zibegereye (Citizen Report Card/CRC), rikorwa n’Ikigo gishinzwe Imiyoborere (RGB), abaturage batangaje ko icyizere bafitiye inzego z’umutekano kibatera umurava wo gushishikarira iterambere. Gusa hari ibyo bagaragaje bikibateye impungenge. 

Muri ubu bushakashatsi, muri rusange abaturage bagaragaje ko bishimiye inzego z’umutekano ku kigereranyo cya 86.5%. Mu buhamya bwabo, bavuze ko ibyo bituma bashyira umutima hamwe bagashishikarira gukora kugira ngo biteze imbere.

Mu rwego rw’igihugu, mu turere twose, abaturage bagaragaje ko bishimiye inzego z’umutekano ku gipimo kiri hejuru ya 75%. Ubwo nabwo ngo ni uko hari ahakiboneka ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano bigikurura urugomo bigateza umutekano mucye.

Ingabo z’igihugu zizewe 99%

Muri ubu bushakashatsi, abaturage babajijwe bagaragaje ko bafitiye icyizere ingabo z’igihugu ku gipimo cya 99%, Polisi y’igihugu ku gipimo cya 97.6%, DASSO ku gipimo kingana na 83% N’Inkeragutabara ku gipimo kingana na 78.8%. Abanenga ingabo na Polisi bagera kuri 2% gusa, mu gihe abanenga DASSO bangana na 7.9%, naho Inkeragutabara zikanengwa ku gipimo kingana na 14.3%.

Mu buryo rusange, abaturage bagaragaje ko bishimiye umutekano rusange w’igihugu ku gipimo cya 99.2%, umutekano w’abantu ku gipimo cya 98.1%, naho umutekano w’ibintu ku gipimo cya 13.7% bitewe n’ubujura buto buto bukigaragara hirya no hino. Ibyo ni byo bituma haboneka abanenga imikorere y’Inkeragutabara nk’urwego rushinzwe kubungabunga umutekano w’ibintu by’abaturage aho batuye.

Abaturage bifuza ariko ko hafatwa ingamba mu kunoza imikorere y’inzego z’Inkeragutabara na Dasso kugira ngo abaturage barusheho kuzigirira icyizere, ndetse hagashyirwaho ingamba zo guhangana n’ubujura bukigaragara hamwe na hamwe.

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku ngo zigera ku bihumbi cumi na kimwe na cumi n’eshatu (11.013) mu turere twose uko ari 30, imirenge 326, imidugudu 733. Habajijwe abakuru b’ingo cyangwa abandi baba mu rugo bafite hejuru y’imyaka 18, nyuma hakorwa ibiganiro mu matsinda y’abagize JADF (Abafatanyabikorwa mu iterambere) n’abakuru ba serivisi zikorerwaho ubushakashatsi hagamijwe kurebera hamwe uko ibitanoze byanozwa.

Umukunzi Médiatrice

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga