• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
06/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
06/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
06/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Kwinjira mu Gusaba no gukwa kwa Butera Knowless byari ingorabahizi

Umwanditsi
July 31, 2016

Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko kwa Butera Knowless na Ishimwe Clement hakurikiyeho umuhango wo gusaba no gukwa aho bamwe bahejejwe hanze.

Knowless Butera na ishimwe Clement, kuri iki cyumweru Taliki ya 31 Nyakanga, nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ko babaye umugabo n’umugore, bahise bajya mu muhango wo gusaba no gukwa ku musozi wa Rebero aho bitoroheye abatashye ubukwe kubwinjiramo.

Ubukwe bwa Butera Knowless na Ishimwe Clement, guhera mu kujya imbere y’amategeko kugera mu gusaba no gukwa, kwegera no kwinjira ahaberaga ibirori haba no mu murenge aho basezeraniye ntabwo byari byemewe kuri buri wese.

Amakuru yizewe agera ku kinyamakuru intyoza.com, abashoboye kuhagera bahamya ko ibi birori byagizwe ubwiru ndetse bigatumirwamo abantu bacye cyane b’inshuti za hafi z’umuryango ariko kandi ngo nabamwe bo mu miryango y’ibi byamamare mu Rwanda ngo siko batumiwe.

Kwinjira byari ugutonda umurongo hakarebwa ko uri ku rutonde rw'abatumiwe werekanye ubutumire.
Kwinjira byari ugutonda umurongo hakarebwa ko uri ku rutonde rw’abatumiwe werekanye ubutumire.

Umuhango wo gusaba no gukwa kwa Butera Knowless, wabereye ahitwa mu babikira ku musozi wa Rebero ho mu karere ka Kicukiro kuri iki gicamunsi cy’iki cyumweru.

Muri uyu muhango wo gusaba no gukwa, uretse gusa umuntu ufite urupapuro rw’ubutumire, nta muvumbyi n’umwe wahakandagiye yemwe n’urupapuro rw’ubutumire warwerekanaga bakabanza kureba k’urutonde rwakozwe niba ari wowe koko watumiwe.

Bamwe bahisemo kujya mu biti ngo barebere yo ibirori nubwo nabyo bitaboroheye.
Bamwe bahisemo kujya mu biti ngo barebere yo ibirori nubwo nabyo bitaboroheye.

Muri uyu muhango wo gusaba no Gukwa, usibye umurongo abatumiwe batondaga basabwa urupapuro rw’ubutumire, amakuru agera ku Kinyamakuru intyoza.com ahamya ko bamwe mubashatse kurira ibiti ngo barebe uko ibirori bimeze bahakubitiwe.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga