• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Leta ya Ethiopia yasabye ko OMS/WHO ikora iperereza kuri Dr Tedros uyiyobora

Umwanditsi
January 15, 2022

Leta ya Ethiopia irasaba ishami mpuzamahanga ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ku isi-OMS/WHO, gukora iperereza ku mukuru waryo ku byo imushinja ko atanga “amakuru y’ibinyoma” kandi ko afite “imyifatire mibi” ku bijyanye n’ibibazo biri muri icyo gihugu.

Leta ivuga iti: “Arisuka mu bibazo bwite bya Ethiopia, harimo n’ibijyanye n’imibanire yayo na Eritrea”. Imenyesha kandi ko uyu munya-Ethiopia, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus ashobora guteza urubwa iri shyirahamwe ryita ku buzima ku Isi.

Muri iki cyumweru nkuko BBC ibitangaza, Dr Tedros yavuze ko imibereho y’abantu mu ntara ya Tigray yazahajwe n’intambara ari “umuriro utazima” anashinja Leta ko yafunze amayira y’ imfashanyo z’imiti kwinjira muri iyo ntara.

Ni mu gihe Leta yo ishinja abayirwanya muri ako karere, inyeshyamba za Tigray, ko ari bo batuma imfashanyo zitabasha kujyanwa. Muri iyo ntambara imaze umwaka urenga, impande zombi zishinjanya gutera cyangwa kunyegeza imfashanyo ziba zoherejwe muri iyo ntara.

Si bwo bwa mbere Addis Ababa (umurwa mukuru wa Ethiopia), igaragaza ukutishimira uyu mukuru wa OMS muri iyi ntambara ihuza Leta ya Ethiopia n’inyeshyamba za Tigray.

Haciye iminsi mike iyi ntambara yadutse mu kwezi kwa cumi na kumwe 2020, umukuru w’ingabo za Ethiopia yashinje Dr Tedros ko yafashije inyeshyamba za Tigray kubona ibirwanisho, ibyo yahakanye yivuye inyuma.

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, ni umunya-Tigray mbere yabaye Minisitiri w’Ubuzima muri Leta ya Ethiopia yariho mbere y’ihari uyu munsi, yari iyobowe n’umugambwe/ishyaka TPLF.

intyoza

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga