• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
05/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
05/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Leta y’Uburusiya yaburiye igihugu cya Sweden na Finland kutajya muri OTAN/NATO

Umwanditsi
April 12, 2022

Uburusiya bwaburiye Finland (Finlande) na Sweden (Suède) kwirinda kujya mu muryango w’ubwirinzi bwa gisirikare bw’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO), buvuga ko ibyo bitazana ituze i Burayi. Umuvugizi w’ibiro bya Perezida w’Uburusiya (Kremlin) Dmitry Peskov yabwiye abanyamakuru ko uwo”muryango ukiri igikoresho kigamije guhangana”.

Ibyo Uburusiya bwakoze, bibaye mu gihe abategetsi ba gisirikare bo muri Amerika bavuze ko igitero cy’Uburusiya kuri Ukraine cyabaye” ikosa rikomeye mu rwego rw’igenamigambi”, ibi bikaba bishobora gutuma OTAN yagurwa (kwaguka).

Abategetsi bo muri Amerika biteze ko ibi bihugu bituranyi byo mu Burayi bw’amajyaruguru bisaba kwinjira muri uyu muryango, bikaba bishobora kubisaba bitarenze mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka.

Byibazwa ko Amerika ishyigikiye iyo gahunda, yatuma uyu muryango waguka ukagira ibihugu binyamuryango 32. Mu cyumweru gishize nkuko BBC ibitangza, ibiro by’ububanyi n’amahanga by’Amerika byavuze ko habayeho ibiganiro hagati y’abategetsi ba OTAN na ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibyo bihugu mu murwa mukuru Helsinki wa Finland no mu murwa mukuru Stockholm wa Sweden.

Umuvugizi w’ibiro bya Perezida w’Uburusiya Dmitry Peskov yaburiye ku kwaguka kwa OTAN, avuga ko bitafasha ituze ry’Uburayi.

Mbere yuko bugaba igitero kuri Ukraine, Uburusiya bwari bwasabye ko uwo muryango wemera guhagarika kwaguka kwawo uko ari ko kose ko mu gihe kiri imbere, ariko intambara yatumye izindi ngabo za OTAN zigabwa mu gice cy’uburasirazuba bw’Uburayi, ndetse habaho no kwiyongera kw’abaturage bashyigikiye ko Finland na Sweden biba ibinyamuryango.

intyoza

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga