• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
17/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri

Manda ya Perezida wa Somalia yarangiye aricecekera

Umwanditsi
February 9, 2021

Perezida Mohamed Abdullahi Farmajo wa Somalia nta kintu aratangariza igihugu kuva manda ye yarangira kuri uyu wa mbere tariki ya 08 Gashyantare 2021 ubwo hagombaga gutorwa umusimbura.

Aya matora yagombaga kuba kuwa mbere tariki 08 z’uku kwezi, mbere yaho Perezida Farmajo yari yatangaje ko ashaka ko haba amatora mu mucyo n’ubwisanzure. Mu gihugu ubu benshi barahangayitse bibaza ikigiye gukurikiraho, nk’uko Hassan Bella umunyamakuru wa BBC i Mogadishu abivuga.

Ibiro bya perezida ntacyo byasubije kubyo bwabajijwe na BBC dukesha iyi nkuru. Mu gihugu hari abanyapolitiki bifuza ko Farmajo aguma ku butegetsi n’abifuza ko avaho nka senateri Ilyas Ali Hassan wabwiye BBC ko Perezida Farmajo ubu atemewe n’amategeko.

Uyu munsi kuwa kabiri biteganyijwe ko akanama ka UN/ONU gashinzwe umutekano ku isi kaganira kuri iki kibazo muri Somalia, nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru AFP. Abatavugarumwe n’ubutegetsi bavuze ko ubu badafata Mohamed Farmajo nka perezida kuva manda ye yarangira kuwa mbere.

Kugeza ubu ntibizwi neza niba hari amatora azaba n’igihe azabera. Ubutegetsi bwa Leta y’igihugu n’ubutegetsi bwa za leta zigize Somalia kuwa gatanu w’icyumweru gishize bananiwe kumvikana mu biganiro by’uko amatora yari kugenda.

Mu kwirinda icyuho mu butegetsi, umwaka ushize inteko yatoye itegeko ryemerera perezida n’inteko ishingamategeko kuguma mu biro kugeza hatowe ababasimbura.

Amatora y’abagize inteko muri Somalia yagombaga kuba mu kwezi kwa 12 kwa 2020 nayo ntiyabaye kuko Perezida atumvikanye n’abakuriye zimwe muri leta zigize Somalia uko yakorwa.

Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed wahimbwe akazina ka Farmajo (Fromage/Cheese) wigeze kuba minisitiri w’intebe (2010 – 2011) yatorewe manda ya mbere mu 2017.

Muri Somalia, Perezida atorwa n’abagize inteko ishingamategeko (abadepite n’abasenateri).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5868 Posts

Politiki

4119 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga