• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
16/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
16/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
16/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Minani Hussein uregwa Jenoside yagejejwe mu rukiko

Umwanditsi
May 24, 2016

Nyuma yo gufatirwa i Kigali na polisi y’u Rwanda, uwari umushoferi wa Nyiramasuhuko Pauline yagejejwe mu rukiko ngo atangire kwiregura ku byaha bya Jenoside aregwa.

Minani Hussein wahoze ari umushoferi wa Minisitiri Pauline Nyiramasuhuko muri Leta y’abatabazi, kuri uyu wa mbere Taliki ya 23 Gicurasi 2016 yitabye urukiko aho aregwa ibyaha bya Jenoside.

Ubwo yagezwaga imbere y’ubutabera, ubushinjacyaha bwavuze ko Minani Hussein yagize uruhare rutandukanye muri Jenoside yakorewe abatutsi i Butare mu 1994.

Ubushinjacyaha, bwasomye urutonde rutari rugufi rw’abo Minani yagizemo uruhare mu iyicwa ryabo hamwe n’abagore n’abakobwa benshi yasambanyije ku gufu.

Ubushinjacyaha, bwavuze ko busanga ibi byaha bikomeye cyane akaba ari nayo mpamvu bwamusabiye gukomeza gufungwa by’agateganyo.

Ahabwa ijambo, Minani yahakanye ibyaha aregwa ndetse yitandukanya n’uwari nyirabuja avuga ko yamuhunze ashaka ku mwicisha ngo kuko yamuregaga kumugurishiriza imodoka.

Kuba hari abatangabuhamya bashinja Minani Hussein kuba baramubonye mu bwicanyi, avuga ko bamuhimbira ibyaha ngo kuko yanze kwifatanya nabo mu byaha bya Jenoside bakoze.

Minani Hussein ubwo Polisi yamwerekaga itangazamakuru amaze iminsi ine afashwe.
Minani Hussein ubwo Polisi y’u Rwanda yamwerekaga itangazamakuru amaze iminsi ine afashwe.

Minani Hussein, yafatiwe i Kigali mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu 2016, yafashwe ava mu gihugu cya Tanzaniya aho avuga ko yari amaze imyaka 20 ariko ngo akaba yari amaze imyaka 5 aza mu Rwanda yongera agenda aho yazanaga imodoka azivana Tanzaniya.

Minani Hussein, aya niyo mazina ye ya mbere, ageze Tanzaniya ngo yarahinduye akoresha imyirondoro itandukanye mu nyandiko ze zimuranga kimwe nizo yakoreshaga z’inzira aho yaje kwitwa Hussein mujanda Abdi Kitumba Minani.

Minani, abajijwe impamvu yo guhindura amazina, avuga ko guhindura amazina kwe bitatewe no gushaka kwiyoberanya ngo ahubwo byatewe no gushaka imibereho hamwe n’uko yari amaze gushakana n’umutanzaniya kazi.

 

Intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga