• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika bateranye imigeri n’amakofe

Umwanditsi
June 1, 2021

Ubushyamirane bwo kujya mu mitsi bwavutse mu nteko ishingamategeko ya Pan-Africa iteraniye muri Africa y’Epfo mu mujyi wa Johannesburg.

Iyi nteko ku wa mbere yagombaga gutora umukuru wayo ku rwego rw’umugabane wa Africa. Aya matora yari kuba mu cyumweru gishize arasubikwa kuko umwe mu bitabiriye imirimo y’iyi nteko bamusanzemo Covid-19.

Inama yo kuri uyu wa mbere nayo yabangamiwe n’ubushyamirane hagati y’ukuriye abatavugarumwe n’ubutegetsi muri Africa y’Epfo Julius Malema hamwe n’umwe mu baje bahagarariye Mali.

Muri aka kaduruvayo kamaze igihe kirenga iminota 30, humvikanye abavugaga ko Mali itagomba gutora kuko yahagaritswe muri CEDEAO/ECOWAS, abandi bakavuga ko Mali itahagaritswe mu bumwe bwa Africa.

Muri video yahererekanyijwe cyane, Bwana Malema yumvikana abwira umudepite wo muri Mali ko “yamwica”. Nyuma yisobanura kuri iyi mvugo avuga ko yari yasagariwe.

Ntabwo bizwi neza aho imirwano yavuye muri iyi nama, ariko ikinyamakuru EWN news kivuga ko bamwe mu badepite bateranye amakofe, ndetse umwe yumvikana asakuza ati: “Nyabuneka nimuhamagare polisi, birihutirwa”.

Mu yindi video, umudepite umwe agaragara atera umugeri mugenzi we, naho undi w’umugore asubiza ikofe uyu uteye umugeri, mu gihe abandi bariho bagerageza guhagarika imirwano.

Mu mashusho yatangajwe kandi umugore umwe yumvikanye avuga mu Gifaransa ati: “Turi gusagarirwa na Africa y’Epfo”.

Mbere y’iyi nama nkuko BBC ibitangaza, Malema yari yabwiye igitangazamakuru cya leta ya Africa y’Epfo, SABC, ko hari ukutumvikana hagati y’abadepite bava mu bihugu bivuga Igifaransa ku wo bashyigikira kuri uriya mwanya.

Inteko ya Pan-Africa, ni nayo nteko ishingamategeko ya Africa, ni yo nteko ishingamategeko y’Umuryango w’Ubumwe bwa Africa (AU/UA), ihuriramo bamwe mu basanzwe ari abadepite mu bihugu byabo. Iyi nteko yahimbwe “igikorwa cya politiki cy’urugendo rugana kuri Leta Zunze Ubumwe za Africa”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga