• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
16/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
16/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye
16/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira

Muhanga: Akarere karasabwa Miliyoni 21ngo gasubirane ahahoze sitade yitiriwe Mbonyumutwa

Umwanditsi
November 17, 2021

Nyuma yuko mu mwaka wa 2009 ikigo cy’Igihugu cy’ubwishingi mu Rwanda(RSSB) gihawe ikibanza cy’ahahozemo sitade yitiriwe Mbonyumutwa wabaye Perezida w’u Rwanda, nyuma yuko habayeho ubukererwe bwo ku cyubaka, hakaba hanavugwa ko nta bushobozi, akarere karasabwa Miliyoni 21 ngo kahasubizwe.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Muhanga usanzwe ari umunyamabanga Nshingabikorwa, Kanyangira Ignace avuga ko ikigo cy’Igihugu cy’ubwishingizi-RSSB cyamaze kubabwira ko kitagishoboye kubaka iki kibanza, ko ahubwo basaba Akarere kubishyura imirimo bakoze mu kibanza bari barahawe cyahoze ari sitade yari ishyinguyemo Uwabaye Perezida wa mbere w’U Rwanda Mbonyumutwa Dominique.

Kanyangira ati” Nibyo koko iki kigo cyatumenyesheje ko kitagishoboye kucyubaka, ndetse banatubwiye ko imirimo bateganyaga kuhakorera batakiyihakoreye bityo twagisubirana, none turimo kureba ibyakorwa kugirango gisubire mu maboko y’akarere kugirango abazabishobora bagifate bagikoreremo”.

Akomeza avuga ko iki kigo cyamenyesheje akarere ko kuva bagihabwa bari bamaze gutanga asaga miliyoni 21 kuri iki kibanza, ko bityo akarere karimo kureba ibishoboka kugira ngo hagire igikorwa bityo cyongere gisubire mu maboko y’akarere.

Yagize ati” Iki kigo cyatubwiye ko imirimo yose cyakoze muri iki kibanza kuva bagihabwa bari bamaze kugitangaho asaga miliyoni 21, ariko natwe turimo kureba icyakorwa ngo iki kibanza gisubire mu maboko y’akarere, mbese n’uwagishaka agihabwe kandi acyubakemo akurikije ibiri mu gishushanyo cy’imikoreshereze y’ubutaka n’imiturire muri uyu mujyi wa Muhanga”.

Uko abayobozi b’aka karere basimburana ku ntebe kuva kuri Meya Mutakwasuku Yvonne ari nawe bivugwa ko hatanzwe ku buyobozi bwe ndetse na Meya Uwamariya Beatrice wamusimbuye, bakunze kumvikana mu mbwirwaruhame bavuga ko bazasaba iki kigo kuzahubaka inzu igendanye n’ibikenewe muri uyu mujyi birimo nk’icyumba mberabyombi cyajya cyakira abantu basaga ibihumbi 4000 bahujwe n’ikintu kimwe nk’ubukwe, imikino, ibitaramo cyangwa ibirori bitandukanye.

Ahahoze iyi sitade, aho bitiriye Mbonyumutwa, ubu hazitijwe amabati. Tubibutse ko nubwo ariho hari umubiri w’uyu wabaye Perezida wa mbere wa Repuburika y’U Rwanda, ariwe Mbonyumutwa Dominique, umubiri we wimuriwe mu irimbi riri mu Gahondo ku irimbi ry’Abasilamu.

Aya mafaranga RSSB yaka akarere ka Muhanga, bikwekwa ko yaba ari akomoka ku bikorwa bitandukanye birimo n’iyimurwa ry’umubiri wa Mbonyumutwa wari uhashyinguye ndetse no gusenya igice cya sitade cyari gisakaye hamwe no kugura amabati yubatse umuzenguruko w’iki kibanza bakizitira.

Gusa kugeza ubu nubwo nta bikorwa bigaragara bihakorerwa, aha hantu hifashishwa na Kompanyi nyarwanda ikora imihanda ya Horizon nk’ububiko bw’ibikoresho ikoresha mukazi kabo ka buri munsi mu mihanda igize intara y’Amajyepfo n’Uburengerazuba.

Akimana Jean de Dieu

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5891 Posts

Politiki

4142 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga