• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
18/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
18/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
18/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Muhanga: Hari ubujura bukorerwa abaturage bategerwa aho amatara yo ku muhanda yazimye

Umwanditsi
May 12, 2021

Abaturage batuye mu mu mujyi wa Muhanga baratabaza inzego z’ubuyobozi bw’Akarere kubera kwamburwa kwa hato nahato gukorwa n’abajura bategera mu mwijima w’aho amatara yapfuye.

Mugabo Thomas afite imyaka 27 avuga ko amenshi mu matara yo ku muhanda yapfuye bikaba bisaba ko akorwa kugirango abahanyura bagire umutekano. Ashimangirako ibisambo byitwikira ijoro bikamburira abantu ahari amatara ataka.

Yagize ati” Amatara menshi yo ku muhanda yarazimye hashize igihe kirekire kuko n’ubuyobozi burabizi ko twamburirwa hano. Igisekeje ngo hari irondo rihahora ridusaba amafanga ngo rirakora”.

Mukamunana Mediatrice avuga ko yambuwe avuye ku isoko ndetse abamwambuye yabonaga basa n’abari mu rugendo nkawe, umwe ahita amufata aramuniga undi amwambura ibyo yaravuye guhaha, banamwambura amafaranga na telefoni.

Yagize ati” Navuye ku isoko guhaha bigeze mu kagoroba mbona abantu baturutse inyuma abandi imbere yanjye, bahita bamfata baraniga banyaka ibyo narimvuye guhaha ndetse bantwara amafaranga na telefoni, abenshi muri bo ubona biyubashye ariko bitwaza ibyuma n’imihoro”.

Muneza Straton yemeza ko umujyi nk’uyu urimo gutera imbere bigaragara udakwiye kuba ufite ahantu amatara azima kandi abayobozi birirwa bahanyura bakabibona. Yibaza impamvu adasanwa cyangwa se niba bizakorwa ari uko hiciwe umuntu.

Yagize ati” Umujyi urimo gutera imbere ntabwo abantu bakwiye kuhamburirwa kandi abantu bose babireba kuko bikorwa ku mugaragaro. Abayobozi baba bahanyura, kuki apfa ntasanwe bigatuma ibisambo bihagira indiri”.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Kayiranga Innocent mu butumwa bugufi yahaye umunyamakuru wa intyoza.com, avuga ko amatara agiye gusanwa akatswa. Gusa yirinze kuvuga kubagirwaho ingaruka zo kuhamburirwa.

Yagize ati” Turakomeza kuyasana muri iki cyumweru. Twari tumaze kuyasana ariko ntabwo yari yararangiye turakomeza this week( iki cyumweru).

Kugeza ubu mu mujyi wa Muhanga, ubuyobozi buvuga ko hari amatara agera kuri 80 ataka ariko abakoresha imwe mu mihanda bataha bavuga ko ari menshi ndetse ijisho ry’umunyamakuru rikaba ryariboneye amatara menshi arenga avugwa yazimye akeneye gukorwa. Ahakunze kwamburirwa abantu cyane ni mu muhanda uva ahitwa Concorde ugana mu Meru, umuhanda werekeza Karongi.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga