• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
21/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
21/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
21/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Muhanga: ikibazo cy’umwanda ukabije gihangayikishije abatuye uyu mujyi

Umwanditsi
May 5, 2016

Abatuye umujyi wa Muhanga, bahangayikishijwe n’umwanda ugaragara muri uyu mujyi aho ngo ubakururira isuku nke hamwe n’indwara zitandukanye.

Bamwe mubatuye umujyi wa muhanga, baratunga agatoki ubuyobozi bw’uyu mujyi mukuba batabafasha gukemura ikibazo cy’umwanda ugaragara hirya no hino aho ukururwa n’imyanda iva mungo ikamenwa ahabonetse hose.

Abatuye uyu mujyi wa Muhanga, bavuga ko kuba umujyi wabo utagira Kampani zirebwa n’ibijyanye n’isuku ari bimwe mubituma bugarizwa n’umwanda ndetse bakabona ko ibi ari bimwe mubibakururira indwara zituruka ku mwanda.

Nkuko abatuye uyu mujyi wa Muhanga babivuga, bashyira mu majwi ubuyobozi bw’uyu mujyi kuba ikibazo butagifata nk’igikomeye ahubwo ugasanga barakijenjekera aho gufata ingamba z’uko cyakemurwa kikava munzira.

Ikibazo cy'imyanda mukarere ka Muhanga, abaturage bavuga ko kibakururira indwara.
Ikibazo cy’imyanda mukarere ka Muhanga, abaturage bavuga ko kiri mubibakururira indwara zitandukanye.

Abaturage, bashinja ubuyobozi kubatererana ngo kuko ikibazo bukizi dore ko umwaka ushize bahamagaye umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage bakamwereka aharundwa imyanda ariyo inabakururira indwara, gusa ngo kugeza magingo aya ubuyobozi ntacyo bwakoze kuri iki kibazo.

Uwamariya Beatrice, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, kuri iki kibazo cy’umwanda, avuga ko cyahagurukiwe, ngo hashyizweho amatsinda agizwe n’abayobozi batandukanye hamwe n’abakozi b’akarere bagomba kugenzura uko isuku yifashe.

Uwamariya, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, yizeza abatuye uyu mujyi ko ikibazo kigiye guhagurukirwa ndetse n’iri tsinda rishinzwe kugikurikirana ngo rigahabwa imbaraga kuburyo mu minsi mikeya kizaba kirangiye.

Uyu muyobozi w’akarere ka Muhanga, agira inama abatuye uyu mujyi ko nabo ubwabo bagomba kugira uruhare mu gukumira no kurwanya uyu mwanda uboneka muri uyu mujyi, birinda kumena imyanda aho babonye hose.

Imyanda imenwa ahabonetse hose.
Imyanda imenwa ahabonetse hose mu karere ka Muhanga, hakenewe igisubizo kirambye.

Iki kibazo cy’umwanda uboneka mu mujyi wa Muhanga, ntabwo ari ubu gusa kivuzwe kuko n’umwaka ushize ubwo abadepite mu nteko ishingamategeko basuraga aka karere ka muhanga bari bakigarutseho.

Intumwa za rubanda ubwo zasuraga akarere zari zasabye inzego z’ubuyobozi zacyuye igihe muri aka karere kwita kuri iki kibazo kigashakirwa umuti nubwo ntacyakozwe.

Mu byari byanenzwe n’izi ntumwa za rubanda ndetse zikanatanga urugero ku bigaragara nk’umwanda harimo ikimpoteri kiri iruhande rw’isoko rya muhanga, bagaragaje ko bibangamiye ubuzima bw’abarema iryo soko, nyamara kugera magingo aya ntakirakorwa.

 

UWIZEYIMANA  Aimable 

 

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga