• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Murenzi Sixbert, Umunyamakuru akaba n’Umwanditsi w’inkuru z’Urukundo yasezeranye imbere y’Imana

Umwanditsi
December 31, 2021

Ni kuri uyu wa 30 Ukuboza 2021, imihango yo gusaba no gukwa IMANIGWANEZA Innocente yabereye i Bumbogo ho muri Gasabo, aho bavuye bajya Gusezeranira imbere y’Imana muri EAR Paruwasi ya Rutongo, imihango yo kwiyakira akaba ari naho yakomereje.

Murenzi Sixbert yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye hano mu Rwanda, aho ndetse yanamenyekanye cyane mu bisigo ndetse n’inkuru z’urukundo yandikaga, aho izi nkuru z’Urukundo zagiye zikundwa na benshi.

Sixbert na Innocente baramukanya.

Sixbert, asezeranye mu gihe ataherukaga kumvikana mu itangazamakuru kuva Corona yaduka. Mu nkuru ze zakunzwe cyane twavuga nk’iyo yise INZIRIKWIYE, RWISHAKIRINZIRA, INKOVU Z’URUKUNDO n’izindi!

Nk’uko bigaragara mu nkuru ye yanditse yitwa Inkovu z’urukundo, aho umukinankuru fatizo amugaragazamo ahura n’ibibazo byinshi bitandukanye mu rukundo, ndetse agahemukirwa kenshi, ibyo byatumye dushaka kumwegera ngo tumubaze niba ariwe wahuye n’ibyo bibazo bitandukanye mu rukundo bikamutera kwandika iyo nkuru y’urukundo, gusa ntibyadukundiye. Igihe azaboneka azatubwira byinshi kuri iyo nkuru.

Muri ubu bukwe, Sixbert MURENZI yari yambariwe na bagenzi be harimo n’abanyamakuru. Mu bamwambariye harimo; NDAYISENGA akaba umunyamakuru wa City Radio, BAYISENGE Reverien, NDIKUMANA Lambert.

Soma hano imwe mu nkuru z’urukundo zanditswe na Sixbert;INKURU NDENDE: AKARABO K’URUKUNDO ( igice cya 1 )

Dore amwe mu mafoto y’ubukwe bwa Sixbert na Innocente biyemeje kubana akaramata;

Buriya se Innocente uwavuga ko hano yarebaga inkumi yasigira igifunguzo yaba abeshye!?

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga