• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ngororero: Hashyizweho Itsinda ryo gushaka ahazubakwa ibitaro Perezida Kagame yemereye abaturage

Umwanditsi
July 28, 2022

Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Guverineri w’intara y’Uburengerazuba, Habitegeko Francois yakoreraga mu karere ka Ngororero, rwashojwe hashakishwa ahazubakwa ibitaro bemerewe na Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame. Igihe yabasuraga, yabasabye ko byakubakwa bihereye ku bitaro bisanzwe bya Muhororo.

Guverineri Habitegeko, avuga ko ntacyo Perezida wa Repuburika yakwemerera abaturage ngo be kutagihabwa. Avuga kandi ko gahunda ya NST1 igomba gusozwa ibi bitaro abaturage babyivurizamo.

Berekezaga haruguru y’Ibitaro bya Muhororo mu kibanza cyari cyarateganijwe kubakwamo ibitaro.

Yagize ati” Perezida wacu iyo yemereye abaturage ibikorwaremezo nk’ibi birimo ibitaro tugomba kureba uko tubiha ababigenewe kugirango babashe kubikoresha icyo yabibahereye. Nubwo dufite imbogamizi z’iyi misozi tugomba kwihutisha iyubakwa ryabyo”.

Guverineri Habitegeko, yongeyeho ko bari baratanze ibibanza bibiri byakubakwaho ibi bitaro ariko ko bitashoboka ko bihubakwa kubera ubuhaname ndetse n’ibindi bikorwa bihakorerwa byabangamira abazabigana.

Yagize ati” Ntabwo byoroshye kubera ko ahari harateganyijwe harimo haruguru y’ibitaro bisanzwe bya Muhororo mu butaka bwaguzwe na Minisiteri y’Ubuzima harahanamye cyane byasaba byinshi kandi ababihugukiwemo babyize bagaragaje imbogamizi ndetse n’ahandi heza twari twarabonye twasanze harakorewe ubushakashatsi bwo kuhacukura amabuye y’Agaciro kandi hari uruganda rwayo ndetse binavugwa ko habonetse amabuye mashya hazacukurwa hakanaturikirizwa intambi zitabangikanwa n’ubuzima bw’abavurwa”.

Yakomeje avuga ko hamwe n’izindi nzego basanze bigomba kwihutishwa, ko ndetse hashyizweho itsinda ryo gushaka ahandi hakubakwa ibi bitaro kandi hegereye abaturage babihawe.

Abaturage bati“ Batwubakire ivuriro twemerewe na muzehe wacu”

Bamwe mu baturage bavuga ko bibavuna bagakora urugendo rurerure bashyiriye ingemu ababo, ndetse ababyeyi bajya kubyara ugasanga bageze kwa muganga abana babapfiriye munda cyangwa bitambitse bikaba byanakwambura bamwe ubuzima.

Maniriho Innocent, Umuturage mu murenge wa Kageyo avuga ko bibagora iyo umurwayi avuye ku kigo nderabuzima ajyanywe ku bitaro. Avuga ko kumugezaho ingemu usanga ari ikibazo, agasaba ko ibi bitaro byakubakwa vuba.

Yagize ati” Birakomeye cyane iyo umurwayi ajyanwe ku bitaro bikuru umuntu akamugemurira. Biratugora cyane kuko ibitaro biri kure cyane, ariko ibi twemerewe n’umukuru w’Igihugu cyacu Paul Kagame bikatwegera byaba bidufashije”.

Sinamukekaga Joselyne atuye mu murenge wa Kageyo, yemeza ko iyo umubyeyi agiye ku nda ntabyarire ku kigo nderabuzima, iyo atwawe n’imodoka itwara indembe bagira ubwoba ndetse bakongeraho ko umwana n’umubyeyi bashobora kuhaburira ubuzima.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yijeje abaturage bemerewe ibitaro n’umukuru w’Igihugu ko bitazatinda, bagomba kubihabwa kandi bikajya aho Perezida yasabye ko byakubakwa, kandi ko imvugo ariyo ngiro, ko ibyo bemerewe byose bagomba kubibona harimo amazi, amashanyarazi n’imihanda.

Ku bufatanye n’inzego, hashyizweho itsinda rihuriweho ryo gushaka ahandi hantu hangana na Hegitari 2,5 (2,5 ha) ho kubaka ibibitaro ku buryo byazarangirana n’icyerekezo cya NST1.

Ibitaro bya Muhororo, bivugwa ko byubatswe ahagana mu mwaka 1932 byubakwa n’abazungu bacukuzaga amabuye muri iki gice binavugwa ko cyaba gicumbikiye amabuye ya Gasegereti, ndetse ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko harimo amabuye ya Ambrigonite na Lithium ikorwamo batiri z’ikoreshwa n’imodoka, akaba kandi ari amabuye agezweho ku masoko mpuzamahanga acururizwaho amabuye y’Agaciro.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga