• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
18/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
18/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
18/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Niba RURA idashobora gutega amatwi abanyarwanda ikorera, abayobozi bayo begure-Depite Habineza Frank

Umwanditsi
October 19, 2020

Depite Habineza Frank, Umuyobozi w’ishyaka The Democratic Green Party of Rwanda( ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda) muri iki gitondo cya tariki 19 Ukwakira 2020, ari mu kiganiro Zinduka kuri Radio na TV 10, yasabye ko abayobozi b’ikigo ngenzuramikorere cy’imirimo ifitiye Igihugu akamaro-RURA bakwegura niba badashobora kumva ibyifuzo by’abo bakorera.

Iyi ntumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, ubwo umunyamakuru Mutuyeyezu Oswald yamubazaga ku cyizere afite ku kuba RURA ishobora gusubiza inyuma cyangwa se kwisubiraho mu biciro by’ingendo, yasubije ko agifite ku kigero cya 80%.

Yagize ati“ Mfite icyizere kingana na 80%, kubera ko RURA ni Abanyarwanda, batuye mu Rwanda, bakorera Abanyarwanda. Niba bakorera abanyarwanda batishimiye ibyo bakora, bazegure”.

Yakomeje ati“ Tuzabasaba kwegura. RURA izegure, abayobozi bose begure niba badashobora kumva ibyifuzo by’abanyarwanda. Ahubwo reka mbivuge; Niba RURA idashobora gutega amatwi abanyarwanda ikorera, Abayobozi bayo begure”. Akomeza asaba ko RURA yisubiraho ku biciro yashyizeho kandi vuba, bitari cyera.

Nyuma y’inama y’abaminisitiri yateranye kuwa 12 Ukwakira 2020, ubwo mu byemezo byafashwe harimo ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo rusange zongera gukora nkuko byari bisanzwe, RURA nk’isanzwe igena ibiciro by’ingendo yaje gutangaza ibiciro bishya, aho byavugishije benshi ndetse basaba ko bihindurwa kuko bibangamiye abagenzi batorohewe n’ingaruka z’ubukunyu bwazahajwe n’icyorezo cya Coronavirus.

Umunyamakuru Mutuyeyezu Oswald ibumoso, ari kumwe na Depite Habineza Frank muri Studio za Radio & TV 10.

Uretse Depite Habineza Frank, usaba ko RURA yisubiraho ku biciro by’ingendo iheruka gutangaza ndetse akavugako binashoboka mu gihe ibyo ikora bitishimiwe n’abo ikorera abayiyobora bakwegura, kuri Radio na TV 10, haherutse kumvikana Umuyobozi wa Transparency International Rwanda-TIR, Ingabire Marie Immaculee avuga ko RURA ishobora gutuma abantu banga Leta, aho nawe yanenze ishyirwaho ry’ibiciro by’ingendo bikomeje kuvugisha benshi, bagaragaza ukutishima.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga