• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Nyuma y’amezi arindwi bafunze basomewe ibyo bashinjwa

Editor
September 18, 2015
Ifoto urubanza rwabanyereje umutungo wa VUP

Hashize amezi agera kuri arindwi uwari umuyobozi mu murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi , Umukozi wari ushinzwe inguzanyo muri SACCO mu murenge n’uwari ushinzwe VUP ( Vision Umurenge Program cg Iterambere ry’Umurenge) bafunzwe kubera gukekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.

Aba uko ari batatu nubwo aribo bafunze ibyo bashinjwa babihuriyeho n’abandi makumyabiri na batanu bose hamwe bakaba makumyabiri n’umunani.
Aba bandi bo bitabye urukiko kumva ibyo bashinjwa bavuye mu murimo yabo itandukanye kuko badafunze. Uko ari makumyabiri n’umunani bose hamwe bashyizwe mu matsinda cumi n’icyenda hagendewe kubyo bashinjwa.

Ubwo basomerwaga bwambere ibyo bashinjwa , nta numwe ubuze mubashinjwa , ubushinjacyaha bwagaragaje ibyo bubashinja imbere y’urukiko.

Amatsinda yose uko ari cumi n’icyenda arashinjwa kunyereza amafaranga ya VUP, aho ngo bakoze amatsinda ya baringa bagamije kurya amafaranga atari ayabo.
Barashinjwa gukora amatsinda bakayitirira abaturage , Bakabasinyira bagahabwa amafaranga y’iminshinga bahimbye bakayarya. Ubushinjacyaha bwagaragaje uruhare rw’abari abayobozi mukwemerera ko aya matsinda ahabwa amafaranga bunagaragaza ko no muribo ubwabo hari abashinze amatsinda bagamije kunyereza amafaranga.

Umunsi wose wihariwe n’ubushinjacyaha, abaregwa babwiwe ko iburanisha no kugira icyobavuga kubyo bashinjwa bizaba taliki ya 20 Ukwakira 2015.

Mu rwego rwo gutanga serivise neza , kubera amatsinda y’abaregwa ari menshi urukiko rwisumbuye rwa Muhanga ruburanishirizwa mo uru rubanza rwabwiye abaregwa ko bazagenda baza mu matsinda hagendewe kubyo baregwa.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga