• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
16/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
16/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
16/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Perezida Kagame na Perezida Magufuli bashimangiye ubucuti

Umwanditsi
April 6, 2016

Abaperezida bombi uw’u Rwanda Paul Kagame n’uwa Tanzaniya John Pombe Magufulu bahamije umubano n’ubucuti bw’ibihugu byombi.

Ku munsi wa mbere mu minsi ibiri y’uruzinduko agomba kugirira mu rwanda ku butumire bwa mugenziwe w’u rwanda Paul Kagame, Perezida Magufuri yahamije ko Perezida Kagame ari inshuti ye, ko kandi abanyarwanda ari abavandimwe.

Uruzinduko rwa Perezida Magufuli, rwatangiye kuri uyu wa gatatu Taliki ya 6 Mata 2016 aho yarutangiye we na mugenzi we bafungura ku mugaragaro umupaka uhuriweho n’ibihugu byombi (One Stop Border).

Magufuli PK

Mu ijambo rya Perezida Magufuli, yavuze ko aje mu rwanda nk’inshuti, ko aje nk’umuvandimwe ndetse ko kandi aje nk’umuturanyi, aha kandi yagize ati “nishimiye gusura abanyarwanda nshimira inshutiye yanjye perezida Kagame wanyakiriye”.

Perezida Magufuli, yakomeje avuga ko mu ruzinduko rwe rw’iminsi 2 azamara mu Rwanda azi neza ko hari byinshi aziga, akaba anashaka gushimangira ko Abanyatanzaniya ari abavandimwe b’abanyarwanda.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, mu ijambo rye yashimye umubano mwiza urangwa hagati y’ibihugu byombi, ashima kandi Perezida Magufuli uburyo arushaho kunoza uyu mubano.

Perezida Kagame kandi yavuze ko abaturage b’ibihugu byombi Tanzaniya n’u Rwanda bakeneye Amahoro, bakeneye ubucuti ndetse ko bakeneye guhahirana no gutera imbere.

TZRDA

Urugendo rwa Perezida Magufuli, kuva yatorerwa kuyobora Tanzaniya nirwo rugendo rwambere akoze hanze y’igihugu cye aho kandi muri uru ruzinduko azifatanya n’abanyarwanda mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga