• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
24/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”
24/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
24/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene

Perezida Kagame yahaye urugero bamwe mu bayobozi bakoresha indimi z’amahanga I Rwanda

Umwanditsi
April 7, 2019

Ubwo kuri uyu wa 7 Mata 2019 umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, yatangizaga umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi, mbere yo gutanga ubutumwa bwe mu rurimi rw’amahanga yabanje kubisaba abanyarwanda, abereka ko hari impamvu abikoze, abasaba kumwihanganira.

Uburyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasabye abanyarwanda kumwihanganira ku kuba agiye kuvuga mu rurimi rw’amahanga ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, byerekanye agaciro abaha mubyo abakorera biba n’isomo kuri bamwe mubayobozi.

Yagize ati“ Ndagira ngo mbanze nsabe abanyarwanda badukurikiye hirya no hino mu gihugu, banyemerere mbwire abashyitsi bacu mu ndimi z’amahanga, abanyarwanda turahorana kandi muri bushobore no kubikurikira mu Kinyarwanda ( hari umusemuzi), Muranyihanganira rero”.

Bamwe mu baganiriye n’intyoza.com ubwo bumvaga iri jambo ry’umukuru w’igihugu, bashimye cyane uburyo abivuzemo, bavuga ko bishimangira agaciro abaha no mu gihe agiye kugira ubutumwa atanga mu ndimi z’amahanga kandi nabo bubagenewe.

Ni kenshi bamwe mu bayobozi mu nzego zitandukanye mu Rwanda bagiye banengwa n’abaturage ko bakoresha indimi z’amahanga kandi ubutumwa batanga bugenewe abanyarwanda, ariko nti banabanze kubiseguraho cyangwa se ngo bashake uburyo ibyo bavuga bari bu bikurikirane mu rurimi rwabo kavukire.

Iki ni ikimenyetso n’urugero ku bayobozi bakwiye gukurikiza no guhora bazirikana mu gihe bagiye kuvuga mu ndimi z’amahanga, kwibuka kubisaba cyangwa kwisegura ku banyarwanda no gushaka uko bari bwumve ubutumwa barimo gutanga mu gihe bubareba.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5939 Posts

Politiki

4188 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1046 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga