• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Perezida Samia Suluhu wa Tanzaniya yasabye abadepite kutamugereranya n’uwo yasimbuye

Umwanditsi
April 19, 2021

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yasabye abagize inteko ishingamategeko kureka impaka zo kumugereranya n’uwo yasimbuye John Magufuli.

Yavuze ko ababajwe no kuba inteko ishingamategeko ijya impaka ku ho atandukaniye n’uwo yasimbuye – wapfuye ku itariki ya 17 y’ukwezi kwa gatatu – aho kwibanda kuri gahunda ya leta.

Uyu perezida – washimagijwe nk’udafite ubwoba bwo kwerekeza igihugu mu cyerekezo gishya – yavuze ko we n’uwo yasimbuye ari “ikintu kimwe”. Yavuze ko arimo kwibanda ku gukomeza umurimo Bwana Magufuli yatangiye.

Yavuze ko biteye impungenge kubona “ikintu kirimo kuvugwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga ari cyo kiba ngenderwaho mu mpaka zo nteko ishingamategeko”.

Mu ijambo yavugiye mu nama nkuru yo ku rwego rw’igihugu yateguwe n’abakuru b’amadini mu kwibuka uwari Perezida Magufuli no gusengera abategetsi bashya, Madamu Samia yagize ati:” Twagakwiye kuba tujya impaka ku gutora ingengo z’imari za leta… Mureke dukore mu buryo inteko ishingamategeko ikwiye kuba ikora…”.

Perezida Samia yavuze ko yamaze gushyiraho itsinda ryihariye ryo kujya inama ku cyorezo cya coronavirus kandi ko yasabye abaturage ba Tanzania gufata ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’iyi virusi.

Izo ngamba zirimo kwambara udupfukamunwa, gukaraba intoki neza ndetse no guhana intera hagati y’umuntu n’undi.

Madamu Samia yabaye Perezida wa mbere wa Tanzania w’umugore nyuma y’urupfu rwa Perezida Magufuli.

Kuva yagera ku butegetsi nkuko BBC ibitangaza, amaze gukora impinduka zigaragara, zirimo gushyiraho iryo tsinda ryihariye ryo kujya inama kuri Covid-19. Uwo yasimbuye yakerensaga ubukana bw’iyo virusi. Perezida Samia yanemereye ibitangazamakuru bimwe byari byarahagaritswe kongera gukora.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5866 Posts

Politiki

4117 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1010 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga