• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
05/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
05/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
05/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Polisi y’u Rwanda yashyize hafi Miliyari y’u Rwanda mu bikorwa bihindura imibereho y’abaturage

Umwanditsi
December 28, 2021

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu bikorwa bitandukanye ikora bigamije guhindura imibereho myiza y’abaturage, umwaka wa 2021 yashyize amafaranga y’u Rwanda angana na 997,000,000 mu bikorwa bitandukanye hagamijwe ko ubuzima n’imibereho by’umuturage birushaho kuba byiza. Mu byakozwe na Polisi birimo; kubakira abaturage aho kuba, kuboroza inka, kubaha ubwisungane mu kwivuza, gufasha abishyize hamwe n’ibindi.

Ibikorwa byose Polisi yakoze mu guhindura ubuzima n’imibereho by’abaturage muri uyu mwaka wa 2021 nkuko ibitangza, byose byatwaye ariya mafaranga angana na Miliyoni magana acyenda na mirongo cyenda na zirindwi y’u Rwanda-997,000,000Frws.

Mu buryo Polisi isobanura, ibi bikorwa yakoze igamije guhindura imibereho y’abaturage ngo irusheho kuba myiza, ivuga ko hubatswe inzu 30 zatujwemo imiryango itaragiraga aho kuba haboneye hirya no hino mu Gihugu, hari ingo 4,578 zahawe umuriro, hari imiryango 1,600 yahawe Ubwisungane mu kwivuza( Mituweli), hari imodoka imwe yatanzwe ku bufatanye bwa Polisi n’Umujyi wa Kigali, hari Koperative 11 zafashijwe kwiteza imbere, hubatswe ubwogero 13 bw’Inka, hari kandi imiryango 4 yorojwe Inka. Ibi bikorwa byose nibyo bigenda bigahura na kariya gaaciro kavuzwe.

CP John Bosco Kabera, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yabwiye intyoza.com ko muri ibi bikorwa bitandukanye bafashijemo abaturage, nka Polisi bishimira ko byagenze neza uko babiteguye, ko kandi nka polisi bishimira Umutekano bagezeho bafatanije n’abaturage, aho kandi bishimira ubufatanye bugaragara hagati ya Polisi n’abaturage mu kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda nkuko CP Kabera abivuga, ni ubwo gusaba abaturage muri rusange gukomeza gufatanya na Polisi, kandi abahawe ibikorwa bakabibyaza umusaruro, bigahindura imibereho n’ubuzima bwabo bukarushaho kuba bwiza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga