• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
18/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
18/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
18/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Radio Ishingiro yikuye mu maradiyo atambutsa ikiganiro “Uruhare rw’Abanyamadini mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside”

Umwanditsi
March 21, 2021

Ubuyobozi bwa Radio Ishingiro( Radio y’Abaturage) ifite icyicaro mu Karere ka Gicumbi, Intara y’Amajyaruguru, kuri uyu wa 21 Werurwe 2021 bwatangaje ko butari butambutse ikiganiro kinyura ku maradiyo atandukanye kuko abatumirwa badahuye n’insanganyamatsiko yatanzwe. Bubona ko byaba ari uguha abaturage ibidakwiye.

Insanganyamatsiko y’iki kiganiro yagiraga iti” Uruhare rw’Abanyamadini mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside”. Mu gutumira, abatumirwa ni Thom Ndahiro uzwi nk’impuguke n’Umushakashatsi, hanatumiwe kandi Laurence Mukayiranga, Umukozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Ildephonse Sinabubariraga, Umuyobozi wa Radio Ishingiro yabwiye intyoza.com ko impamvu nyamukuru yo kwikura mu maradio yagombaga gutambutsa iki kiganiro ari uko abatumiwe ntaho bahuriye n’Insanganyamatsiko y’ikiganiro. Akabona ko badakwiye guha abaturage ikiganiro nk’iki.

Ati” Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko nziza “uruhare rw’amadini mu bumwe n’ubwiyunge“. Urebye iyi nsanganyamatsiko twari twizeyemo amadini afite abayoboke benshi kandi yagize uruhare mu bumwe n’ubwiyunge nka Kiliziya Gatolika. Hari Abapadiri, ba Musenyeri n’abandi bihayimana bo mu madini atandukanye bagize uruhare runini mu kunga ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda. Abo bose ntibabonetse”.

Akomeza ati“ Ntabwo rero ikiganiro gifite insanganyamatsiko nziza ariko kidafite abatumirwa bari ku rwego rw’ikiganiro twagicishaho kuko abatumirwa nyabo ni ikintu cy’ingenzi mu kiganiro no mu bo gihindura. Duha rubanda ibyo tubona bifite icyo bihindura mu buzima bwabo bwa buri munsi. Ni ihame dusanganwe, “iyo bibayeho ko umuntu adafite icyo kuvuga, adafite abatumirwa nyabo, icyo gihe duhitamo gucishaho umuziki, Ibi nibyo bituma Radio yacu yisanisha na rubanda”.

Uretse uyu muyobozi wa Radio Ishingiro wanenze uburyo ikiganiro cyatumiwemo abadafite aho bahuriye n’insanganyamatsiko, ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye za Whatsapp benshi bagaragaje ko bishimiye insanganyamatsiko yateguwe, ariko banenga cyane abatumirwa kuko ngo ntacyo bavuga ku nsanganyamatsiko itabareba, bavuga ko byari kuba byiza niba abateguye ikiganiro babuze abatumirwa, ko bari kwiganirira hagati yabo, aho gukora ikiganiro kidafite abatumirwa bahuye n’ikivugwa.
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga