• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Rtd Brig General Sekamana Yeguye ku buyobozi bwa FERWAFA

Umwanditsi
April 14, 2021

Kugicamunsi cy’uyu wa Gatatu Tariki 14 Mata 2021 nibwo hamenyekanye inkuru y’uko Rtd Brig General Sekamana Jean Damascene wayoboraga ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda(FERWAFA) yeguye. Mu ibaruwa yandikiye abagize inteko rusange y’iri shyirahamwe, yavuze ko yeguye ku mpwmvu ze bwite.

Rtd Brig General Sekamana, yavuze ko impamvu nyamukuru itumye afata iki cyemezo ishingiye ku kuba imirimo y’iri shyirahamwe atari akibashije kuyihuza n’imirimo ye bwite y’ubuzima bwe bwa buri munsi mubyo akora bimubeshejeho nk’umuntu uri mu kiruhuko cy’izabukuru.

Nubwo uyu Mujenerali wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru agahita ahurirana no guhabwa kuyobora FERWAFA, hari hamaze iminsi mike hirya no hino bahwihwisa ko muri iri shyirahamwe ishyamba atari ryeru. Ni mu gihe kandi hitegurwa amatora mu mpera z’uyu mwaka. Bamwe mu bakurikiranira hafi ibibera muri iri shyirahamwe, bavuga ko nubwo yatangaje ko yeguye ku mpamvu ze bwite, ahubwo ngo ashobora kuba yegujwe.

Ikibazo cyo kweguzwa no kwegura ku bushake mu Rwanda, kugeza uyu munsi ntabwo kivugwaho rumwe kuko usanga ari uruvange mu nzego zitandukanye. Kubona uwemera ko yegujwe kugeza ubu biracyari kure. Gusa, Umukuru w’Igihugu mu myaka yashize yigeze kuvuga ko nta muntu wegura ko ahubwo abenshi mu bayobozi beguzwa ku bw’amakosa baba bakoze cyangwa se inshingano zabananiye. Cyakora na none hari abashobora kunanirwa inshingano ku mpamvu zabo bwite kimwe n’uko byaba ubushake kugeza ubu butavugwa ho rumwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga