• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Rubavu: Polisi irakangurira abanyarwanda gukomeza ubufatanye mu kurwanya magendu

Umwanditsi
February 2, 2019

Ibi Polisi ibigarutseho nyuma y’aho kuri uyu wa Kane tariki 31 Mutarama 2019, mu karere ka Rubavu, umurenge wa Gisenyi hafatiwe ibicuruzwa bitandukanye byinjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ibicuruzwa byafashwe bigizwe n’ibiro bisaga 300 by’imyenda n’inkweto za caguwa, amakarito 4 ya sesitomate, ibitenge, amata ya nido ndetse n’ibizingo 20 by’insinga z’amashanyarazi.

Chief Inspector of Police ( CIP) Jean Claude Mazimpaka uhagarariye ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu (Revenue Protection Unit) mu karere ka Rubavu yavuze ko ibyo bicuruzwa byafatiwe ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo ahazwi nka (Petite Barriere) bigizwemo uruhare n’abaturage.

Yagize ati “Ibi bicuruzwa akenshi bifatirwa kuri uyu mupaka usanga abambutsa imyenda baza bayambaye ugasanga umuntu yambaye nk’imyenda icumi, ibindi nabyo bakabyambariraho cyangwa bakabihekeraho abana ndetse n’andi mayeri atandukanye bakoresha”.

CIP Mazimpaka yagiriye inama abakishora mu bucuruzi butemewe n’amategeko kubireka kuko bubagusha mu gihombo.

Yagize ati” Magendu iteza igihombo n’ubukene uwayifatanwe n’umuryango we, ikindi ni uko isubiza inyuma iterambere ry’igihugu iyo byinjiye bitatanze imisoro n’amahoro. Ibikorwa remezo nk’amashuri, amavuriro, imihanda n’ibindi byagakozwe naya misoro biradindira. Niyo mpamvu buri wese akwiye kuyirinda no kuyirwanya mu rwego rwo kurengera inyungu rusange.”

Yabwiye abaturage gukora ubucuruzi bwemewe n’amategeko birinda igihombo n’ibihano biremereye bashobora gukururirwa na magendu.

Yashimiye kandi abaturage batanze amakuru yatumye biriya bicuruzwa bya magendu bifatwa, akangurira n’abandi kujya batanga amakuru ku gihe yatuma magendu n’ibindi byaha muri rusange bikumirwa.

Ingingo ya 199 mu mategeko ajyenga ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu muryango wa  Afurika y’Iburasirazuba  (East African community management act) ritegenya ko uwafatiwe muri magendu ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugera ku myaka ibiri  n’ihazabu ingana na kimwe cya kabiri cy’agaciro k’ibyo yafatanwe. Rinateganya ko ikinyabiziga cyafatiwemo gishobora gufatirwa burundu mu gihe umushoferi wari ugitwaye acibwa amadorari y’Amerika atarenze 5000$.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga