• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Russia: Abaganga barwanye no kubaga umutima w’umurwayi mu gihe inkongi y’umuriro yari imeze nabi

Umwanditsi
April 3, 2021

Itsinda ry’abaganga bo mu bitaro byo mu Burusiya bashoboye kubaga umutima w’umuntu wari urwaye mu gihe abashinzwe kuzimya inkongi z’umuriro barimo barwana no kuzimya umuriro mwinshi wari wadukiriye ibisenge by’inyubako z’ibitaro.

Abantu barenga 120 bashoboye guhungishwa kandi nta n’umwe wakomerekeye muri ibyo bitaro biri ahitwa Blagoveshchensk mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwo iyi nkongi yadukaga, abo baganga bakomeje kubaga uwo murwayi mu cyumba kiri mu kuzimu. Umurwayi yaje guhungishwa nyuma bamaze kumubaga. Uwari ayoboye iryo tsinda ry’abaganga, Valentin Filatov yavuze ko aba baganga “nta kundi bari gukora atari kurokora ubuzima bw’uyu murwayi kandi twarakoze ibishoboka byose”.

Abaganga n’abaforoma umunani nibo bakoze iki gikorwa kidasanzwe cyamaze amasaha abiri, kikaba cyatangiye mbere gato y’uko uwo muriro waduka.

Minisitiri w’Uburusiya ushinzwe ubutabazi nkuko BBC ibitangaza, avuga ko ibi bitaro byubatswe mu 1907 mu gihe igihugu cyatwarwaga n’aba Stars (twagereranya n’abami), kandi ko “uwo muriro wakwiragiye nk’umurabyo mu gisenge cyari cyubatswe mu biti”. Waba watewe n’ingorane z’umuyagankuba/amashanyarazi.

Umuforomokazi Antonina Smolina avuga ko icyabafashije ari uko abaganga “batasimbwe(batakutse) n’umutima”.

Umuyobozi w’intara ya Amur Vasily Orlov ashimagiza aba baganga bakoranye ubuhanga hamwe n’aba bazimyamuriro bawurwanije. Ibi nibyo bitaro byonyine muri ako karere bifite ishami rishinzwe kuvura indwara z’umutima.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga