• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Rutsiro: Abanyeshuri 1021 basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Umwanditsi
January 25, 2019

Kuri uyu wa 23 Mutarama 2019, Polisi y’u  Rwanda ikorera mu Karere ka Rutsiko mu murenge wa Manihira yaganirije  abanyeshuri 1021 barererwa mu mashuri ya GS Kabeza na EP Manihira uko bagira uruhare mu gukumira ibyaha mu mashuri.

Mubyo aba banyeshuri basabwe kwirinda harimo ikibazo cy’ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’inda ziterwa abana bityo bikagira ingaruka ku myigire yabo.

Assistant Inspector of Police (AIP) Jean Bosco Mugenzi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira ibyaha mu karere ka Rutsiro yabwiye aba banyeshuri ko bagomba guharanira kugira imbere heza birinda ababashuka bakabashora mu ngeso mbi zirimo ibiyobyabwenge n’ubusambanyi.

Yagize ati “kwiga ni umurage ukomeye igihugu cyaduhaye ariko ni twumva abadushuka batuganisha mungeso mbi amahirwe yose dufite tuzayatakaza dutangire kubaho mu buzima bugoranye kandi twari dufite uburyo bwo kwirinda izo ngeso zitari nziza”

Akomeza avuga ko nk’urubyiruko bagomba kwirinda abantu babashora mu biyobyabwenge aribyo ntandaro y’ihohoterwa rikorerwa abana bikabaviramo guterwa inda, bigatuma bamwe bahita bacikiriza amashuri yabo abandi kubera kuzahazwa n’ibiyobyabwenge bigatuma kwiga bibananira bakishora mu muhanda.

AIP Mugenzi asoza asaba uru rubyiruko rw’abanyeshuri gutanga amakuru ku babashuka bababwira ko bashobora kubajyana hanze y’igihugu bakababonerayo akazi ndetse n’amashuri meza kuko ataribyo ahubwo baba bagamije kubashora mu bikorwa by’ubucakara.

Umuyobozi w’umurenge wa Manihira yasabye abarimu kurushaho kwegera abanyeshuri bityo nyuma y’amasomo asanzwe bakajya banaganirizwa ku ngaruka ibiyobyabwenge bigira ku buzima bw’abantu.Yasabye aba banyeshuri kwirinda ababashukisha ibintu bitandukanye bagamije ku bashora mu busabanyi abasaba gushyira umwete mu masomo.

Nyuma y’ibi biganiro abanyeshuri basomewe itegeko rishya rihana umuntu wese ukoresha ibiyobyabwenge maze bagaragariza ubuyobozi ko batari bazi ububi bwabyo, bityo basezeranya Polisi kuba abafatanyabikorwa bayo mu gukumira ibyaha binyuze mu mahuriro arwanya ibyaha akorera mu mashuri yabo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga