• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
26/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
26/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
26/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET

Rutsiro: Abanyeshuri biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Umwanditsi
April 26, 2016

Nyuma yo kuganirizwa na Polisi, abanyeshuri bo murwunge rw’amashuri rwa Rusororo biyemeje kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.

Abiga mu rwunge rw’amashuri rwa Rusororo ruri mu murenge wa Musambira ho mu karere ka Rutsiro, bagaragaje ko basobanukiwe ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge, hanyuma biyemeza kugira uruhare mu kubirwanya.

Iki cyemezo bagifatiye mu kiganiro bahawe mu mpera z’icyumweru gishize na Inspector of Police (IP) Jerȏme Nsabuwera, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu kwicungira umutekano muri aka karere.

Ikiganiro yagiranye n’abo banyeshuri bageraga kuri 400 kibanze ku kubasobanurira ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka mbi zabyo, uko babyirinda, n’uruhare rwabo mu kubirwanya.

Umwe muri bo witwa Bikorimana Damien wiga mu mwaka wa gatatu wisumbuye, yagize ati:”Ndi kwiga kugira ngo nzigirire akamaro, nzakagirire umuryango wanjye, ndetse nkagirire n’igihugu muri rusange. Ngomba rero kwirinda ibiyobyabwenge ndetse n’ikindi kintu  gishobora kwica ahazaza hanjye heza”.

Yakomeje agira ati:”Nari nsanzwe nzi bimwe mu biyobyabwenge, ariko ikiganiro twagiranye na Polisi cyatumye menya ibindi ntari nzi nka Kokayine. Ningira uwo mbonana ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose nzahita mbimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego”.

Undi munyeshuri witwa Irankunda Solange wiga mu mwaka wa kabiri wisumbuye yagize ati:”Ibyinshi mu biyobyabwenge nari nsanzwe mbizi, ariko si nari nzi ibihano bihabwa umuntu ubifatanywe. Nabimenyeye mu kiganiro twahawe na Polisi y’u Rwanda”.

Solange yakomee agira ati:”Ntiwakwigisha abantu ibyo nawe udasobanukiwe. Ubumenyi nungutse buzamfasha mu bukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge”.

IP Nsabuwera yabwiye aba banyeshuri ati:”Unywa ibiyobyabwenge ntashobora gutsinda mu ishuri kubera ko ubwonko bwe butaba bugikora uko bikwiye”.

Yababwiye ko hari bagenzi babo bava mu ishuri kubera gutwara inda zitateganijwe bitewe no kunywa ibiyobyabwenge, aha yanaboneyeho kubasaba kubyirinda no guha Polisi y’u Rwanda amakuru y’ababinywa , ababicuruza hamwe n’ababitunda.

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5897 Posts

Politiki

4148 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga